• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Impanuka y’Imodoka yakomerekeyemo babiri barimo Tandiboyi

Umwanditsi
August 21, 2017

Hagati y’ahitwa Mugomero na Nkoto mu murenge wa Rugarika mu masaha y’igicamunsi, ikamyo yo mu bwoko bwa CHACMAN yagonganye n’imodoka yo mu bwoko bwa Mitsubishi FUSO babiri mu bari muri izi modoka barakomereka.

Ikamyo yo mu bwoko bwa CHACMAN ifite nomero za Pulaki IT283RF yavaga Muhanga yerekeza Kigali, yagonganye n’imodoka yo mubwoko bwa Mitsubishi FUSO ifite nomero za Pulaki RAB 347G yavaga Kigali yerekeza Muhanga.

Iyi mpanuka yabaye mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 21 Kanama 2017 ku i saa cyenda n’iminota 35 mu mudugudu wa Kagangayire, akagari ka Sheli mu murenge wa Rugarika. Abantu babiri barimo Tandiboyi wa FUSO bakomerekeye muri iyi mpanuka aho bahise bajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kamonyi ngo bahabwe ubufasha.

Iyi modoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa CHACMAN ikunze kwikorera imicanga n’ibindi bikoresho bitandukanye  bikoreshwa cyane mu bwubatsi yari itwawe n’umushoferi witwa Hategekimana naho umushoferi wa FUSO ntabwo twabashije ku mumenya amazina ye.

CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatangarije intyoza.com ko iperereza kuri iyi mpanuka ryahise ritangira ngo hamenyekane intandaro y’icyateye iyi mpanuka. Izi modoka uko ari ebyiri zangiritse cyane.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga