• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
20/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
20/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
20/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Gicumbi: Gitifu w’Akarere n’abakozi babiri batawe muri yombi

Umwanditsi
November 2, 2017

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru hamwe na babiri mu bakozi b’Akarere batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda. Bakurikiranyweho kunyereza umutungo hamwe no gukora inyandiko mpimbano.

Amakuru y’itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi bwana Bernard Bihezande hamwe na bwana Jacques Nkezurundi, umuyobozi ushinzwe imiyoborere mu karere ndetse na Mukunzi Phocas nawe w’umukozi mu ishami ry’imiyoborere, yemejwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, Inspector of Police (IP) Innocent Gasasira mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru intyoza.com ku murongo wa terefone ngendanwa.

IP Gasasira yagize ati: Ayo makuru niyo, uwambere ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi witwa Bihezande Bernard, hakaba n’undi witwa Nkezurundi Jacques, umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Gicumbi, aba bombi bagashwe ku mugoroba w’ejo tariki ya mbere Ugushyingo 2017, bahise bafungirwa kuri Sitasiyo ya Byumba mu karere ka Gicumbi. Uyu munsi tariki ya 2 Ugushyingo 2017 hafashwe undi witwa Mukunzi Phocas, nawe ni umukozi ushinzwe imiyoborere myiza, bose uko ari batatu bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, aho bicaye bakandika inyandiko bagaragaza ko hari ibikorwa bitandukanye byakozwe, iyo nyandiko ikaba yarasabaga ko akarere kakwishyura ibikorwa bitabayeho bifite agaciro ka Miliyoni icumi(10,000,000Fr) ariko baza kugira amahirwe macye inyandiko ifatwa amafaranga atarasohoka.”

IP Gasasira, yatangarije intyoza.com ko iyi nyandiko nayo ubwayo igize icyaha, kwicara ugahimba inyandiko, ko habaye ibikorwa kandi mu by’ukuri bitarabayeho, ni icyaha kihariye kivuga ku kwandika inyandiko irimo ibinyoma cyangwa se itavuga ukuri.

Ibyaha aba bakozi b’Akarere ka Gicumbi barimo na Gitifu wako bakurikiranyweho byose bihanwa n’amategeko nkuko IP Gasasira yabitangarije intyoza.com, nibyo bakurikiranyweho mu gihe ngo iperereza rikomeje aho ngo bagomba kugezwa  imbere y’ubushinjacyaha nkuko amategeko abiteganya.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga