• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’Amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Umwanditsi
November 8, 2017

Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba kuri uyu wa kabiri tariki ya 7 Ugushyingo 2017, aya masezerano akaba agamije kwita no kubungabunga ibidukikije n’amashyamba.

Ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda, aya masezerano yashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage hagamije gukumira ibyaha (Community Policing) Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, naho ku rwego rwa Minisiteri ashyirwaho umukono n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba Ngabonziza Prime, bikaba byabereye imbere y’Inama nkuru ya Polisi y’u Rwanda.

Mu banyacyubahiro bari bahari harimo Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Johnston Busingye na Minisitiri w’ubutaka n’amashyamba Francine Tumushime.

Aya masezerano akaba azibanda ku bufatanye bw’izi nzego zombi mu gutera ibiti no gutanga ubufasha mu kwita ku bihari no gukumira ko hari uwabyangiza, kwita ku butaka, no gukora ubukangurambaga ku baturage no kubahiriza amategeko agenga ibungabungwa ry’ubutaka n’amashyamba.

Muri aya masezerano, Polisi y’u Rwanda yiyemeje kuzatera ibiti bivangwa n’imyaka kuri hegitari ibihumbi 22 n’ibindi by’amashyamba kuri hegitari 5000 mu gihe cy’imyaka itanu.

Minisitiri Tumushime yavuze ati:”Iyi ni intambwe igaragara kandi ikomeye duteye yo kwita ku bidukikije no kongera amashyamba.”

Nkuko Minisitiri yabivuze, igikorwa cyo gutema amashyamba gihombya igihugu cyane ndetse bigatuma igihugu gitakaza amafaranga menshi cyane mu gutumiza ibikoresho byose bikomoka ku biti biboneka ku mashyamba.

Mu cyerekezo cya 2020, amashyamba ateganijwe kuziyongera ku buso buhingwaho.

Minisitiri Busingye  yanavuze ko u Rwanda rufite umutungo kamere ukwiye kurindwa, akaba yashimangiye ko aya masezerano aje ari igisubizo kuri icyo kibazo.

Polisi y’u Rwanda muri gahunda yayo yo kurinda ibidukikije yateye ibiti  kuri hegitari 500 mu turere dutandukanye mu gihigu cyose.

Ishami rishinzwe kubungabunga ibidukikije muri  Polisi y’u Rwanda rikorera mu bugenzacyaha ryakoze akazi gakomeye mu kubahirisha amategeko agenga kubungabunga  ibidukikije binyuze mu bukangurambaga cyangwa mu bikorwa bitandukanye birwanya kwangiza amashyamba.

 

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga