• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Nyabihu: Abakobwa babiri bahisemo ububaji banga gusabiriza no gutega amaboko

Umwanditsi
November 30, 2017

Ntabwo bikunze kubaho mu Rwanda gusanga igitsina gore mu mwuga w’ububaji, abana b’abakobwa babiri bakiri bato dore ko nta numwe urengeje imyaka 18 y’amavuko, bakorera ububaji mu Gakiriro kari mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Shyira, bavuga ko bahisemo uyu mwuga kandi bawishimiye ndetse ubatunze. Ubarinda gusabiriza no gutegera amaboko ababyeyi basaba buri kamwe.

Umutesi Maliceline, umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko akora umwuga w’ububaji mugakiriro kari mu karere ka Nyabihu, umurenge wa Shyira. Amaze umwaka urenga muri uyu mwuga, yabwiye intyoza.com ko guhitamo umwuga w’ububaji byatewe n’uko yabonaga ari umwuga wamuteza imbere, umwuga umuntu atasonzana.

Yagize ati ” Ni uko nabonaga uyu mwuga wateza umuntu imbere, atari umwuga ujya wiburira kuburyo nawe wakwishingira akawe ugakora, uyu mwuga ndawukunda kuko nawize nk’amezi arindwi ubundi ngenda nkora gahoro gahoro ariko menyera.”

Akomeza agira ati ” Ubu hari utwo mbasha kwigurira ntabanje nabaza ababyeyi, nigurira nk’amavuta, inkweto, imyenda n’utundi dukoresho tworoheje nkeneye. Naguzemo kandi ihene ndayorora, imaze kubyara inshuro eshatu, nagiye nikenura muri byinshi, nanze kwaka buri kamwe umubyeyi, nanze gutega amaboko njya muri uyu mwuga kandi nasanze ari umwuga mwiza ubasha kunteza imbere, ni umwuga buri wese yakora kandi ukamutunga, akabeshaho umuryango.” Akomeza avuga ko ngo hari abamuseka, ibi ngo ntabwo bimuca intege kuko anyuzwe kandi agaterwa ishema n’umwuga yahisemo kuko azi umusaruro akuramo. Abamuseka ngo buracya bagasabiriza aho gukura amaboko mu mufuka ngo bakore akazi babashe kwiteza imbere.

Akingeneye Clementine, yiyeguriye umwuga w’ububaji ndetse ahamya ko muriwo yasanze nta kiruta kuwukora ngo kuko ari umwuga utashomana, mu gihe gisaga umwaka amaze awukora, yabwiye umunyamakuru w’intyoza.com ko yaguzemo inka ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi ijana na mirongo itanu y’u Rwanda( 150,000Fr). Avuga ko ubu imaze kugera mu gaciro karenga ibihumbi magana abiri by’u Rwanda.

Akingeneye, akorana bya hafi na mugenzi we Umutesi, bombi biyemeje gukora ububaji, uretse iyi nka yaguze, avuga ko uyu mwuga umufasha kwikemurira ibibazo bitandukanye, gutegura ejo he heza no kutagira uwo arushya amusaba kandi nawe ubwe afite amaboko yo kuba yakora. Agaya bagenzi be bamuseka akabakangurira kwitabira imirimo yose yabafasha kwiteza imbere bakareka kubonwa nk’abanebwe cyangwa se abatagize icyo bashoboye.

Aba bana b’abakobwa uko ari babiri, bakorera umwuga wabo w’ububaji mu gakiriro kari mu murenge wa Shyira, uba urenze isantere y’ubucuruzi ya Vunga n’ibitaro bya Shyira. Bagira inama urundi rubyiruko by’umwihariko abakobwa gukura amaboko mu mufuka bagakora aho gutega amaboko no gutegereze gufashwa n’ababyeyi cyangwa se ababarera.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5805 Posts

Politiki

4056 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

994 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga