• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gakenke: Polisi n’Abaturage bafatanije gusibura umuyoboro w’Amazi

Umwanditsi
December 9, 2017

Ku itariki 7 Ukuboza 2017 , Abapolisi bakorera ku cyicaro cya Polisi mu karere ka Gakenke hamwe n’abakorera kuri Sitasiyo ya Gakenke bafatanyije n’abaturage gusibura umuyoboro w’amazi  wo ku muhanda wa kaburimbo wari wazibye bitewe n’isuri.

Icyo gikorwa  cyabereye mu kagari ka Rusagara, mu murenge wa Gakenke. Ibi biri muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo guteza imbere gahunda ya Leta y’isuku n’isukura.

Hari ubwo amazi y’imvura yayoberaga mu muhanda, andi akajya mu mirima bitewe n’uko uwo muyobora wabaga wazibye.

Nyuma y’uwo muganda, ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu karere ka Gakenke, Inspector of Police (IP) Justin Mugenzi yaganiriye n’abaturage bafatanyije na Polisi gusibura uwo muyoboro, abakangurira kubungabunga ibikorwa remezo no kwirinda kwangiza ibidukikije.

Yabwiye abari aho ko mu byangiza ibidukikije harimo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butubahirije amategeko, gukoresha amasashi ya pulasitiki, no kujugunya imyanda ahabonetse hose; bityo abasaba kubyirinda no gukangurira abandi kubyirinda.

Yagize ati,”Inkangu, imyuzure, itemba ry’ubutaka n’ibindi biza bitandukanye biterwa ahanini n’iyangirika ry’ibidukikije. Kubibungabunga ni ukubungabunga ubuzima muri rusange. Dufatanye twese kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.”

Mu rwego rwo gufatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije, Polisi y’u Rwanda yashyizeho agashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ryabyo (Environmental Protection Unit); mu byo gashinzwe hakaba harimo kurwanya uburobyi bw’amafi butemewe n’amategeko cyangwa budatunganye, gukumira ihumana ry’ikirere n’amazi no kurwanya ibyaha ndengamipaka byerekeye kwangiza ibidukikije.

Ni muri urwo rwego Polisi yasinye amasezerano y’ubufatanye n’uturere twose tw’Igihugu agamije kubungabunga amapariki, amashyamba n’ibishanga, kurwanya ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko, n’ibindi bikorwa bigira ingaruka mbi ku rusobe rw’ibinyabuzima.

Na none ku itariki 7 z’ukwezi gushize Polisi y’u Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba agamije kwita no kubungabunga ibidukikije n’amashyamba.

Ku ruhande rwa Polisi yashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Ishami ryayo rishinzwe imikoranire yayo n’abaturage ndetse n’izindi nzego, Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, naho ku ruhande rwa Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba yasinywe n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba, Ngabonziza Prime.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga