• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gutuzwa mu mudugudu wa Kabyaza ni igisubizo ku basenyewe n’ibiza muri Nyabihu

Umwanditsi
December 13, 2017

Umukecuru Nyirasafari Juliene utuye mu mudugudu wa Kabyaza Umurenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu arashimira Leta yamuhaye inzu, akarima ko guhingamo, ikamuha ninka nyuma yimyaka ibiri asenyewe namazi akabura aho gutura.

Nyirasafari avuga ko yahawe inzu ifite ibyumba 3 hamwe nuruganiriro ikaba ifite ubwiherero, ikigega gifata amazi  y’imvura hamwe nigikoni.  Avuga kandi ko yahawe ninyana yo korora.

Muri 2013 nibwo Nyirasafari wari utuye mu mudugudu wa Kabere mu Murenge wa Mukamira yagushije ishyano ubwo amazi yaturukaga ku musozi akamusenyera naho yaratuye hagahinduka ikidendezi cy’amazi kugeza na n’ubu. Guhera icyo gihe avuga ko yahise abura aho kuba agahinduka inzererezi.

Agira ati: Amazi yaturutse mu inshyamba yuzura aho nari ntuye ubu ni inyanja. Ibyo bimaze kuba nabayeho nabi cyane. Sinagiraga aho ndara. Nararaga munzu yumuntu mpacumbitse bwacya akanyirukana.

Umuryango wa Nyirasafari, ni umwe mu miryango 165 yo mu Mirenge itandukanye mu Karere ka Nyabihu yazanywe gutura mu mudugudu wa Kabyaza kubera impamvu zitandukanye. Buri miryango ibiri yatujwe munzu imwe ariko ifite urugabaniro kandi buri muryango ugahabwa akarima ko guhinga.

Imiryango itandukanye yazanywe gutuzwa mu Kabyaza, imwe muri yo yari yasenyewe namazi yavuye ku musozi agahindura aho bari batuye ikidendezi cy’amazi mu gihe abandi bari batuye mu manegeka abandi bakaba bari abakene badafite inzu.

Mbere y’uko iyi miryango ihabwa amazu mu mudugudu wa Kabyaza, ni umudugudu wari usanzwe utuyemo imiryango 35 aho inzu z’iyi miryango zavuguruwe.  Uyu mudugudu ufite ikigo cyishuri kimaze kuzura, ugiye kubona nisoko dore ko imirimo yo kuryubaka yatangiye.

Nyirasafari avuga ko n’ubwo buri nzu ifite ikigega gifata amazi avuye ku ibati afasha abatuye muri uyu mudugudu gusukura inzu, ubwiherero, kumesa no kuhira inka, amazi meza nayo awurimo bityo ugasanga abawutuye batavunika bashaka amazi meza yo kunywa no gutekesha. Gusa na none abenshi bahuriza ku kutagira umuriro w’amashanyarazi mu gihe inzu zashyizwemo ibikoresho byawo ariko bakawutegereza amaso ngo akaba yaraheze mukirere.

Guhabwa inzu byatumye Nyirasafari yongera kugira icyizere cyo kubaho neza. Ubu abana numuhungu we wa bucura mu gihe abandi bana babiri yabyaye bashatse. Umugabo we afungiye muri Gereza ya Nyakiriba guhera muri 2007 azira gukora Jenoside. Yakatiwe imyaka 30.

Nyirasagari avuga ko abayeho neza n’ubwo atagira igodora aryamaho ariko ngo afite icyizere ko inkaye nibyara ubuzima buzarushaho kuba bwiza. Avuga ko abonye inguzanyo yatangira gucuruza mu isoko ririmo kubakwa mu mudugudu atuyemo.

Kagaba Bosco

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga