• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Ubutwari buraharanirwa, ni Ibikorwa si Amagambo- Major Muyango

Umwanditsi
February 1, 2018

Tariki 1 Gashyantare ni umunsi ngaruka mwaka w’Intwari z’Igihugu. Abanyarukoma bizihije uyu munsi bibutswa guharanira kugera ku bikorwa by’ubutwari mu bikorwa byabo bya buri munsi. Umuyobozi w’Ingabo mu Murenge wa Rukoma yabibukije ko ubutwari buzirana n’ubugwari, ko butizana, ko kandi buharanirwa.

Major Muyango Felecien, ayobora ingabo mu murenge wa Rukoma. Aganira n’abaturage bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi w’Intwari uba buri mwaka tariki 1 Gashyantare, yabibukije ko bashingiye ku bikorwa byiza byakozwe n’intwari z’Igihugu nabo bashobora gukora ibikorwa by’ubutwari mu mirimo yabo ya buri munsi.

Yagize ati ” Ntawe ubasabye kujya ku rugamba rw’amasasu, ibikorwa by’ubutwari biri mu bikorwa byanyu bya buri munsi, muramutse mukora inshingano z’ibyo mushinzwe neza, mugatangira amakuru ku gihe, mugakumira ibyaha, mugashyira mu bikorwa gahunda za Leta uko ziri, mwaba muri mu gukora ibikorwa byiza by’ubutwari.”

Banyuzagamo bagacinya akadiho.

Akomeza agira ati ” icyo dusabwa nk’Abanyarwanda ni ukubakira ku byiza byose twagezeho, dukesha ubutwari bw’intwari zacu, niba uganira n’umwana wawe muganirize ibintu byiza, mujyane mu ndangagaciro z’umunyarwanda, mwigishe gukunda Igihugu no guharanira gusigasira ibyiza byacyo, mutoze gukura akora neza.”

Major Muyango Felicien, kimwe mu bibazo yasigiye buri wese cyo kwibaza akanashaka igisubizo, ni ugutekereza ku bikorwa bya buri wese, gutekereza ku nshingano z’ibyo akwiye gukora byiza no kwibaza igisubizo yaha Intwari zatabarutse zigasiga ibikorwa byiza, icyo yakoze ngo abisigasire ndetse akomeze ikivi cy’ibyiza zasize.

Abitabiriye ibi biganiro, bibukijwe kandi ibyiciro by’Intwari Igihugu gifite uko ari bitatu ari nabyo biranga ubutwari butandukanye bw’ibikorwa by’izi Ntwari, ibyo ni; Imanzi, Imena n’ Ingenzi. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ” Dukomeze Ubutwari, twubaka u Rwanda twifuza.”

Bibukijwe guharanira gukunda bagenzi babo nk’uko bikunda, kwibuka ko ubaye ukunda mugenzi wawe utyo nta kibi cyamugeraho ureba, guharanira gukora ibyiza ubudatuza. Babwiwe kandi ko Kwibuka, Kuzirikana no gushimira Intwari z’Igihugu ari umuco mwiza, ko ibikorwa byiza zakoze aribyo rwibutso rw’Ubutwari bwabo.

Abitabiriye ibiganiro, basabwe buri wese kuba Intwari ahereye mu rugo iwe, kubo babana, akora neza ibikorwa yita ko ari bito byo mu buzima bwe bwa buri munsi, abanira neza bagenzi be, yita ku isuku, umutekano, n’ibindi bimufasha kuva ku rwego rumwe rw’ubuzima ajya ku rwisumbuye rwiza kurusha, aharanira kujyana na gahunda z’iterambere igihugu gifite. Basabwe kandi kurushaho kuzirikana inkuru basiga imusozi babaye batabarutse, ibikorwa byiza bakwibukirwaho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga