• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Muhanga: Miliyoni zisaga 451 nizo zagiye ku isanwa ry’akarere

Umwanditsi
January 27, 2016

 

Mu muhango wo gutaha inyubako ivuguruye y’akarere ka Muhanga ngo asaga miliyoni 451 nizo zakoreshejwe.

 

Kuri uyu wa 26 Mutarama 2016, nibwo akarere ka Muhanga katashye inyubako yako ivuguruye nyuma y’igihe gisaga umwaka kari mu nzira yo kuvugururwa.

Akarere ka muhanga nubwo gatashywe nyuma yo gutangwaho amafaranga asaga miliyoni 451, ngo ntabwo ibisabwa byose byari byakageramo ndetse na bimwe mu bikoresho ngo ntabwo byari byahagera byose uko byateganijwe.

Umuyobozi w’akarere Yvonne Mutakwasuku, avuga ko amafaranga yose atagiye gusa mu gusana inyubako ngo kuko hari ayagiye mu gusana no gukora aho akarere kakoreraga by’agateganyo mu gihe inyubako yari itaraboneka ndetse hakaba haraguzwe Moteri yo gucana mugihe umuriro ugiye.

Mayor Mutakwasuku Yvonne asobanurira abayobozi iby'inyubako y'akarere.
Umuyobozi w’akarere Mutakwasuku Yvonne asobanurira abayobozi iby’inyubako y’akarere.

Nkuko inyubako yazamuriwe urwego ni nako abakozi muri rusange bayikoreramo basabwe nabo kuzamura cyangwa kuzamuka mu rwego rujyanye n’ubumenyi mu nshingano z’akazi ka buri munsi mubyo bakorera abaturage n’abandi bose babagana.

Guverineri w’Intara y’amajyepfo Munyantwali Alphonse, avuga ko ibikorwa by’iyi nyubako byari ngombwa cyane ndetse akavuga ko ari nko mu bucurabwenge kuko hazakorerwa ibikorwa byinshi n’imiromo by’ubwenge kandi biteza igihugu n’abanyarwanda imbere.

Kuri bamwe bakwibwira ko mu gihe ubuyobozi bucyuye igihe hatarajyaho ubundi ari amahirwe cyangwa umwanya wo kwikorera ibyo bishakiye ngo ibyo nti babitegereze ahubwo barye bari menge kuko ubundi buyobozi bwite bwa Leta nabwo burahari kandi buri maso.

Guverineri Munyantwali Alphonse ataha akarere hamwe n'abandi bayobozi
Guverineri Munyantwali Alphonse ataha akarere hamwe n’abandi bayobozi.

Guverineri Munyantwari asaba abayobozi ko nubwo inyubako zuzuye ndetse hakaba hari n’ibindi bikorwa bigikomeza ngo bagomba cyane kwita k’umuturage bashinzwe mbere ya byose kuko inyubako nziza igomba kujyana na serivisi nziza kandi inoze.

Agira ati “inyubako ni nziza , ni iyo gufasha gutekereza neza , igenamigambi ryiza , gukurikirana ibikorwa neza gusuzuma neza hamwe no kugera ku ntego, ariko uko abantu bakorera heza bagomba kudatwarwa n’ubwiza bw’inyubako bakamanuka bakegera abo bayobora aribo baturage”.

Inyubako y’akarere mu kuvugururwa ngo hibanzwe cyane ku kuba bimwe mu bikoresho byari biyubatse bitari bikigezweho ndetse ari ibishobora gutera indwara, gushaka inyubako ijyanye n’igihe, kunoza serivisi kugirango byorohere abagana akarere muri serivisi zitandukanye n’ibindi.

 

Intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga