APR FC yababaje Rayon Sports n’abafana bayo

Mu mukino w’ishiraniro wahuje amakipe abiri y’amakeba ariyo APR FC na Rayon Sports, warangiye abareyo batahanye akababaro. Uyu mukino wari uw’ikirarane cya Shampiyona y’umupira w’amaguru.

Umukino wahuje APR FC na Rayon Sports, watangiye ukerewe ho gato ku masaha wari uteganijwe. Mu gihe umukino wagombaga gutangira saa cyenda n’igice, harenzeho iminota isaga itanu. Iminota 90 y’umukino yarangiye amanota atatu atashye kwa APR FC mu gihe Rayon Sports yacyuye ubusa.

Umukino utangira, impande zombi yari imihigo yo gutsinda nk’uko aya makipe asanzwe abigenza iyo agiye guhura. Buri imwe yashakaga intsinzi ku yindi, abafana hirya nabo byari uko, buri wese yavugaga aye kandi aganisha ku gutsinda uwo yita mukeba.

Ubwo umukino watangiraga ku mpande zombi, buri kipe yafunguye umukino. Buri ruhande rwasatiraga rushaka kubanza urundi igitego. Ku munota wa 33 w’igice cya mbere, umukinnyi Muhajili Hakizimana ukinira APR FC yashyize umupira mu ncundura za mukeba Rayon Sports maze abafa bayo barushaho kwiyerekana mu byishimo ariko abamukeba bakubita agatoki ku kandi ngo barishyurabariko iminota ishira bareba.

Uyu Muhajili, ubwo yajyaga kwishimira igitego yari amaze gutsinda, yiyambuye  umwenda we wo hejuru kandi biba bitemewe maze umusifuzi amwereka ikarita y’umuhondo. Iyi karita yaje kuyiboneraho indi y’umuhondo ubwo yageraga mu rubuga rw’amahina maze akagwa avuga ko bamukoreye ikosa maze umusifuzi we akamwereka ikarita ya kabiri y’umuhondo amuziza ko yigushije, iyi yahise ahabwa itukura asohoka mu kibuga atyo.

Umukino w’aya makipe yombi y’amakeba wakomeje ku bakinnyi 10 ba APR mu gihe mukeba wayo Rayon Sports ifite abakinnyi 11. Iminota 90 y’umukino yarinze irangira ari igitego kimwe cya APR FC ku busa bw’Ikipe ya Rayon Sports. Aba Rayon Sports, baje bifuza gutsinda uyu mukino ngo nibura bihimure kuko mu mukino w’igikombe cy’Intwari nabwo yari yatsinzwe na APR FC.

intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →