• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Rubavu: Biravugwa ko ubuzima bw’Abantu batanu bamaze gutwarwa n’imvura

Umwanditsi
March 3, 2018

Imvura ikomeye iguye kuri uyu mugoroba wa tariki 3 Werurwe 2018 mu bice bitandukanye by’Akarere ka Rubavu yangije byinshi harimo no gutwara ubuzima bw’Abantu. Ibyangijwe ni byinshi ndetse haracyakorwa ubutabazi no gukusanya amakuru.

Ahagana ku i saa kumi z’uyu mugoroba wa tariki 3 Werurwe 2018 mu bice bitandukanye bigize imirenge y’Akarere ka Rubavu haguye imvura idasanzwe yangiza byinshi ndetse itwara ubuzima bw’abantu batari bake.

Alphonsine Niyigena, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, umwe mu yibasiwe n’iyi mvura yabwiye intyoza.com ati ” Ryabara uwariraye, birarenze. Abantu imvura yababujije kuva mu nzu, kugeza ubu ntabwo amakuru yose aramenyekana, ariko amakuru dufite, batanu amazi amaze kubatwara.”

Akomeza agira ati ” Ibyo aribyo byose ntabwo twavuga ko aribo gusa kuko hari abatari bamenyekana, buriya abantu barabimenya ari uko imiryango yongeye guhura byibuze buri wese arebe mube niba nta watembanywe n’umuvu.”

Habyarimana Gilbert, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatangarije intyoza.com ko imvura nyinshi yaguye ikinjira mu nzu z’abaturage ndetse ikangiza byinshi. Avuga ko nk’ubuyobozi kugeza saa mbiri n’iminota 48 z’iri joro bari bakiri kumwe n’abaturage mu butabazi ndetse banakusanya imibare yose y’ibyangijwe n’iyi mvura idasanzwe.

Amakuru bamwe mu baturage bahaye intyoza.com avuga ko imirenge ya Kanama, Nyakiriba na Nyundo ariyo yibasiwe bikomeye n’iyi mvura idasanzwe. Yangije byinshi mu bikoresho by’abaturage, imyaka ndetse yangiza amazu kuko ahenshi yinjiye imbere aho bamwe ngo bashobora kuba baraye ku gasozi, ubuzima bwa bamwe kandi bwahagendeye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga