• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Abahungu 2 ba Perezida Kagame bagaragaye mu ikipe y’u Rwanda yakinnye na Maroc

Umwanditsi
June 19, 2016

Umukino wa gicuti wahuje ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 n’iya Maroc, abana ba 2 ba Perezida Kagame bagaragaye mu ikipe y’abakinnyi y’u Rwanda baconga ruhago.

Kuri uyu wa gatandatu Taliki ya 18 Kamena 2016, kuri sitade amahoro i Remera, ikipe y’u Rwanda amavubi y’abatarengeje imyaka 20 irimo abana 2 ba perezida Kagame yakinnye n’iyabatarengeje imyaka 20 ya Maroc banganya ibitego 1-1.

Muri uyu mukino, abahungu 2 ba Perezida Kagame aribo Ian Kagame na Brian Kagame bagaragaye mu kibuga bitungura benshi harimo n’abakinnyi b’amavubi ubwabo.

Umukino wahuje u Rwanda na Maroc, wateguwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Kubona abahungu ba Perezida Kagame mu kibuga, kuri benshi byari nk’igitangaza kuko bwari ubwambere bagaragaye mu kibuga cy’umupira w’amaguru bawuconga.

Ian Kagame hagati ya Minisitiri Uwacu na Nzamwita degaulle.
Ian Kagame hagati ya Minisitiri Uwacu na Nzamwita degaulle atanga ubutumwa mbere y’uko umukino utangira.

Kubwo kumva ko bari bukine mu kibuga bakinana n’abahungu ba Perezida Kagame, umutoza w’iyi kipe Kayiranga Baptiste, nyuma y’umukino yatangaje ko byari igitangaza kubona bakina n’abana ba Perezida, ngo bamwe mubakinnyi bibagiwe bimwe mubikoresho byabo.

Ian Kagame yabanje mu kibuga anatanga ubutumwa mbere y’uko umukino nyirizina utangira mugihe umuvandimwe we Brian yabanje ku gatebe k’abasimbura.

Muri uyu mukino kandi, mushiki w’aba bahungu Ange Kagame na Mama wabo Jeanette Kagame nabo bari bibereye ku kibuga baje kureba uyu mukino.

Umukino wahuje u Rwanda na Maroc kubakinnyi batarengeje imyaka 20, warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga