• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
18/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
18/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
18/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Abantu ntibakwiriye kwiharira ubutaka, bakwiye kubusangira n’ibindi binyabuzima-Dr Ange Imanishimwe

Umwanditsi
February 11, 2021

Dr Ange Imanishimwe, umushakashatsi ku rusobe rw’ibinyabuzima akaba anakuriye umuryango utari uwa Leta ugamije kubungabunga no kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima ‘Biodiversity conservation organization’(BIOCOOR) ukorera hafi ya Nyungwe mu Murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe, avuga ko abantu bakwiye kubana neza n’ibindi binyabuzima birimo ibimera n’inyamaswa kugira ngo ubuzima bwa muntu bube bwiza n’uburenganzira bw’ibimera n’inyamaswa nabwo bwubahirizwe.

Ibi arabivuga kuko ngo usanga ahanini abantu bashaka gukoresha ubutaka bwose kuburyo inyamaswa zitahagera n’ihageze igahohoterwa. Si inyamaswa gusa uyu mushakashatsi avuga, ahubwo ngo n’ibindi binyabuzima bitandukanye bigenda bibangamirwa, aho nk’inyoni ngo zigenda zirukanwa aho zisanzuriraga kubera hahinzwe hose nyamara zifite akamaro mu kubangurira imyaka ikera.

Yagize ati:” Iyo inyamaswa ije aho abantu batuye ntigomba guhohoterwa cg ngo yicwe ahubwo isubizwa aho yaturutse. Ikindi kandi abantu ntibakwiye guhohotera ikinyabuzima icyo ari cyo cyose. Niba inyoni ije kukonera imyaka wayikabukira igasubirayo utayishe kuko nazo zifite uburenganzira”.

Uku guhohotera ibinyabuzima ariko birimo no kwica udukoko duto duto, avuga ko ngo ahanini biterwa no kudasobanukirwa akamaro kabyo kuri bamwe mu baturage bo mu turere dutandukanye mu ntara y’amajyepfo, aho ngo batwica batinya ko twabarya cyangwa tukabangiriza.

Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, uyu mushakashatsi avuga ko bazakomeza gukorana n’inzego zitandukanye kugira ngo ibinyabuzima bibungabungwe kandi abantu be kwiharira ubutaka ahubwo babusaranganye n’ibindi binyabuzima. Asaba abantu kwita ku binyabuzima ntibabihohotere kuko bituma bimwe bigenda bikendera.

Agaragaza ko hari amoko menshi y’ibinyabuzima yagiye akendera ndetse hakaba n’ibimera bitakiboneka kandi byari ingirakamaro ku buzima bwa muntu. Muri ibi bice bya Nyungwe ni hamwe mu hakigaragara amoko amwe y’ibimera byifashishwaga n’abanyarwanda mu buvuzi bunyuranye ubu bitakiboneka henshi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga