• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Covid-19: Intara 5 za Kenya zirimo n’Umurwa mukuru Nairobi byashyizwe mu kato

Umwanditsi
March 27, 2021

Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya yahagaritse ingendo ziva n’izijya mu ntara eshanu, zirimo n’umurwa mukuru Nairobi, kubera ubwiyongere bwa Covid-19.

Intara za Kajiado, Kiambu, Machakos, Nakuru na Nairobi zatangajwe nk’ahantu higanje cyane iyi virusi.

Perezida Kenyatta yavuze ko ubu abantu nibura barindwi bapfa buri munsi bishwe na Covid-19, kandi ko batandatu mu bantu 10 bapima bayibasangamo.

Inama zose n’ibikorwa byose bihuza abantu muri izo ntara birabujijwe, gusa abashyingura bemerewe kutarenga 50 naho ubukwe ntiburenze abantu 30.

Ingendo mpuzamahanga zirakomeza ariko abagenzi bakabanza kwerekana icyangombwa ko badafite Covid-19. Abakozi ba leta n’abigenga nabo bategetswe gukorera mu ngo zabo kugeza hatanzwe amabwiriza mashya.

Atangaza izo ngamba nshya, Perezida Kenyatta yavuze ko amasaha umukwabu wa nijoro utangirira avanywe saa yine agashyirwa saa mbili z’ijoro kugeza saa kumi za mugitondo muri izo ntara.

Ubucuruzi bw’inzoga muri izo ntara bwahagaritswe na za restaurant zategetswe kujya zishyira amafunguro abantu aho bari.

Igipimo cy’ubwandu bwa Covid-19 muri Kenya cyavuye kuri 2 kugera kuri 22% hagati y’ukwezi kwa mbere n’uku kwezi kwa gatatu. Izo ngamba nshya nkuko BBC ibitangaza, zatangiye kubahirizwa guhera I saa sita z’ijoro ry’uyu wa Gatandatu.

Perezida Kenyatta nawe kuri uyu wa Gatanu, yahise aterwa urukingo rwa Covid-19, anategeka abagize guverinoma nabo kurufata bagatanga urugero.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga