• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Indianapolis: Abantu 8 bishwe barashwe

Umwanditsi
April 16, 2021

Abantu umunani bishwe abandi benshi barakomereka mu kurasa kwabaye mu mujyi wa Indianapolis muri Amerika, nk’uko polisi ibivuga.

Abari ku kigo cya FeEx bumvise urusaku rw’amasasu, umwe avuga ko yabonye umugabo ari kurashisha imbunda irasa amasasu menshi. Uyu warasaga, bivugwa ko yabikoraga wenyine, ndetse ko yaba yahise yiyica nawe.

Abategetsi bavuga ko ituze n’umutekano byagarutse.

Polisi ivuga ko abantu benshi bakomeretse bajyanywe kwa muganga.

Genae Cook umuvugizi wa polisi muri uyu mujyi yagize ati: “Abapolisi bahageze, basanze hari umuntu uri kurasa. Nyuma y’ishakisha ry’ibanze aho byabereye, imbere no hanze, twabonye abantu umunani bafite ibikomere by’amasasu, abo umunani byabonetse ko bapfiriye hano byabereye.

Yongeyeho ati “Twamenyeshejwe ko hari abantu benshi bakomeretse bajyanywe ku bitaro bya hano, cyangwa se bijyanye ubwabo kwa muganga”. Cook avuga ko impamvu y’ubu bwicanyi itaramenyekana.

Itangazo rya FedEx rivuga ko iyi kompanyi yamenye uku kurasa kwabaye kandi iri gukorana n’abategetsi. Ibinyamakuru muri uyu mujyi bisubiramo ibyavuzwe n’umukozi wa FedEx Jeremiah Miller wavuze ko yabonye umugabo ari kurasa.

Yagize ati: “Nabonye umugabo afite ‘sub-machine gun’, imbunda irasa amasasu menshi, arasa hose. Nahise mbunda hasi ngira ubwoba”.

Mu cyumweru gishize, Perezida Joe Biden yatangaje intambwe ye ya mbere kuva ageze mu biro, yo kugabanya intwaro muri rubanda kubera ibikorwa nk’ibi byo kurasa abantu.

Iyo ntambwe nkuko BBC ibitangaza, irimo umuhate wo gushyiraho amategeko ku mbunda, nko kubanza kureba amateka y’uyikeneye no gufasha ibikorwa byo kurwanya urugomo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga