• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Ingabo za Sudani zirukanye iza Ethiopia zageragezaga kuvogera ubutaka bw’iki gihugu

Umwanditsi
September 27, 2021

Leta ya Sudani ivuga ko yirukanye ingabo za Ethiopia ubwo zageragezaga kuvogera ubutaka bw’icyo gihugu. Umukuru w’igisirikare cya Sudani Jenerali Abdel Fattah al-Burhan, avuga ko ibi byerekana ko igisirikare ayoboye cyiteguye kurinda ubusugire bwacyo nyuma ya coup d’Etat yaburijwemo mu cyumweru gishize.

Mu itangazo yasohoye, Sudani ivuga ko ibi byabereye mu karere ka Umm Barakit. Kuri ibi bishinjwa igisirikare cya Ethiopia ntacyo kigeze gisubiza BBC dukesha iyi nkuru mu gihe yagerageza kubaza icyo kibivugaho.

Nubwo bimeze bityo ariko, televiziyo ya al-Jazeera yasubiyemo amagambo y’umutegetsi wo muri Leta ya Ethiopia avuga ati: “Turahakana ko ingabo zacu nta kintu na kimwe zakoreye ku rubibi rwa Sudani, cyangwa se ngo zigerageze kwinjira muri icyo gihugu”.

Akarere ka Umm Barakit kari mu ntara ya al-Fashaga ishyamiranije ibi bihugu ku rubibi, ahasanzwe harangwa umwuka mubi hagati yabyo. Kuva mu myaka mirongo ishize, abanya Ethiopia bamye bahinga ku butaka bwera cyane, Sudani ivuga ko ari ubwayo.

Imigenderanire hagati ya Sudani na Ethiopia yajemo igihu kuva Ethiopia itangiye kuzuza urugomero runini cyane ku ruzi rwa Nil, n’intambara yadutse mu ntara ya Tigray.

Mu mezi ashize, havuzwe ugushyamirana mu ntara ya al-Fashaga. Kuva mu mpera z’umwaka ushize, Sudani yakomeje kwegeranya ingabo zayo muri ako karere, mu gihe ONU nayo mu ntangiriro z’uwo mwaka yatangaje ko ingabo za Eritrea, iza Ethiopia n’imitwe y’abarwanyi bo mu bwoko bw’aba Amhara, nabo barimo barakorera muri ako karere gateje ibibazo/ugushyamirana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga