• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Abagabo 4 bakekwaho gutuburira umuturage bamuha ibihumbi 100$ batawe muri yombi

Umwanditsi
March 17, 2021

Aba bagabo uko ari bane batawe muri yombi kuri uyu wa mbere tariki 15 Werurwe 2021 mu Mudugudu wa Nyarubaya, Akagari ka Mataba, Umurenge wa Kayenzi, aho bakekwaho gushaka gutuburira umuturage bamuha ibipapuro bise amadolari ibihumbi 100, we akabaha ibihumbi 500 by’u Rwanda ngo akaziyungukira mu gihe azayavunjisha.

Ifatwa ry’aba bagabo ryaturutse ku bufatanye bw’inzego zitandukanye, Polisi ndetse n’abaturage b’Umurenge wa Kayenzi. Abafashwe, bari bitwaje agasanduku karimo ibipapuro hasi, ariko hejuru bahoroshe inoti z’amadolari mahimbano, aho uyu muturage yagombaga kubaha ibihumbi 500 by’u Rwanda, bakamuha ayo madolari ibihumbi ijana(100,000$), bamubwira ko we mu kuvunjisha aziyungukira.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi yabwiye intyoza.com ko nk’ubuyobozi basaba abaturage kwitwararika kuko abatekamitwe babaye benshi, ko abashaka kurya utw’abandi bataruhiye mu mayeri n’uburyo ubwo aribwo bwose badakwiye kubaha umwanya, ko ahubwo bakwiye kugira amakenga ndetse bakajya bihutira kumenyasha ubuyobozi bubegereye kugira ngo abantu nk’aba bafatwe, bashyikirizwe ubutabera.

Aba bagabo batawe muri yombi, icyita rusange kuri bo ni uko bose bakomoka mu Karere ka Rusizi. Umwe muri bo aba Rusizi, undi Kamonyi, mu gihe abandi babiri bibera mu Mujyi wa Kigali, naho ibikorwa byabo akenshi ngo bakaba babikorera kuri Terefone. Bamaze gufatwa, bashyikirijwe RIB Sitasiyo ya Kayenzi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga