• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi: Amakipe azakina umukino wa nyuma wa Kagame Cup yamaze kumenyekana

Umwanditsi
March 5, 2019

Mu marushanwa y’umupira w’amaguru yo guhatanira igikombe kitiriwe umukuru w’Igihugu ( Umurenge Kagame Cup) yabaye kuri iki cyumweru tariki 3 Werurwe 2019, ikipe y’abakobwa y’Umurenge wa Mugina, iy’abakobwa y’Umurenge wa Kayenzi, iy’abahungu b’Umurenge wa Rukoma n’iy’abahungu b’Umurenge wa Nyarubaka niyo yageze ku mukino wa Nyuma w’iki gikombe.

Mu mikono ya kimwe cya kabiri mu bahungu aho bashakaga amakipe abiri mu bahungu n’abakobwa agomba gukina umukino wa nyuma, ikipe y’abakobwa y’Umurenge wa Mugina yatsinze iy’abakobwa b’Umurenge wa Gacurabwenge kuri Penaliti 4-2 umukino wabereye ku kibuga cy’Umurenge wa Mugina, mu gihe mu bahungu ikipe y’Umurenge wa Nyarubaka yatsinze ikipe y’abahungu y’Umurenge wa Mugina igitego kimwe ku busa(1-0).

Ikipe y’abakobwa ba Mugina isuhuzanya n’iya Nyarubaka bagiye kujya mu Kibuga.

Ku rundi ruhande, ikipe y’abakobwa y’Umurenge wa Rukoma yacakiranaga n’iy’abakobwa y’Umurenge wa Kayenzi ku kibuga cy’umupira w’amaguru mu Murenge wa Rukoma maze umukino urangira Kayenzi mu bakobwa itsinze Rukoma kuri Penalite 5-3.

Ku rundi ruhande kandi abahungu b’Umurenge wa Rukoma bazamutse nk’ikipe yatsinzwe neza bacakiranye n’ikipe y’abahungu y’Umurenge wa Karama maze umukino urangira Rukoma itsinze Karama ibitego 2-1.

Mu kibuga si ngombwa inkweto, uzibuze ntabwo byakubuza gukina ugatsinda.

Muri iyi mikino ya Kagame Cup, amarushanwa ahanini agamije kwimakaza imiyoborere myiza no guha abaturage ibyishimo binyuze mu mikino, ikimaze kugaragara ni uko hari aho abaturage bitabira ku bwinshi iyi mikino ndetse ikipe zabo bakunze bakazitaho, bakazijya inyuma aho zigiye hose ari nako bazifasha kwitegura imikino mu gihe hari ahandi ugera ku kibuga ukabura abaturage ndetse ugasanga no kwita ku makipe yabo ntacyo bibabwiye.

Ubwitabire bw’abaturage ni ntamakemwa.

Umukino wa nyuma haba mu bahungu ndetse n’abakobwa wari uteganijwe kuba kuri iki cyumweru tariki 10 Werurwe 2019 guhera i saa saba, ariko kubera umwiherero w’abayobozi iyi mikino yamaze kwimurwa aho biteganijwe ko ishobora gushirwa mu cyumweru cya nyuma cy’ukwezi kwa gatatu nk’uko ushinzwe iyi mikino ku rwego rw’Akarere yabitangarije intyoza.com.

Imikino ya nyuma yose yaba uw’abakobwa ndetse n’uw’abahungu, izabera ku kibuga cya Runda-Ruyenzi.

Abafana badasanzwe mu mikino ya Kagame Cup. Aha ni Mugina.
Ifoto y’umunsi y’umukinnyi wa Mugina agiye gutera Koroneri.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga