• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Rugalika: Umugabo yapfuye by’amayobera nyuma yo gutema mu bitugu mugenzi we n’umupanga

Umwanditsi
February 24, 2021

Ubuyobozi bw’umurenge wa Rugalika buvuga ko bwagowe no kumenya uburyo umugabo yatemye undi n’umupanga, hagapfa uwatemye naho uwatemwe akaba yajyanywe kwa muganga. Ni nyuma y’imirwano bivugwa ko yabaye ahagana ku i saa mbiri z’ijoro kuri uyu wa 23 Gashyantare 2021 mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rugalika ho mu karere ka Kamonyi.

Umugiraneza Martha, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika yabwiye intyoza.com ko iby’uru rupfu ari amayobera. Ati“ Ubundi barwanaga ariko nyine haje gupfa utatemwe, niyo mpamvu byatugoye cyane kumenya ibyo aribyo n’ubu nta kintu turabasha kumenya mu buryo bufatika”.

Gitifu Umugiraneza, avuga ko aba bagabo ngo batangiye barwanira ahitwa muri Nzagwe, ariko uwapfuye akaza kugwa mu Mudugudu wa Remera hose ho mu kagari ka Nyarubuye. Avuga ko ku makuru bahawe n’abaturage ari uko muri uku kurwana ngo uyu Onesphore yaje gukubita umuhoro Tuyishimire mu bitugu, waje kujyanwa kwa muganga, mu gihe undi yaguye kugasozi.

Akomeza avuga ko mu gutabara, hihutiwe kujyanwa kwa muganga uwo byagaragaraga ko akeneye ubutabazi bwihuse kuko yari yatemwe, mu gihe undi ngo yabonekaga nk’ukomeye. Avuga Ko batazi ngo ni iki cyabaye, ko iperereza ryatangiye ngo babashe kumenya ukuri.

Avuga ko ahantu barwaniye ari ahantu mugakombe, ko hatabaye abaturage benshi ariko bagasanga uyu Onesphore yamaze gutemwa, bahita bamufata ngo bamujyane kwa muganga, banasaba uwari umaze kumutema kujya kumuvuza ariko ngo bageze mu nzira uyu watemye avuga ko yumva we ananiwe, aricara, araryama, araruka birangira atarenze aho yicaye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga