• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Umugabo umwe yarafashwe undi aratoroka kubera ibiyobyabwenge

Umwanditsi
August 16, 2016

Mu mukwabu wo gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge wakozwe mu mirenge ya Mugina na Nyarubaka, umwe mubakekwa yarafashwe undi aracika.

Amakuru yizewe agera ku kinyamakuru intyoza.com, ahamya ko kuri uyu wa mbere taliki ya 15 Kanama 2016 mu mirenge ya Mugina na Nyarubaka Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka kamonyi yahakoreye umukwabu wo gufata abacuruza, abakora n’abakoresha ibiyobyabwenge, umwe mubakekwaga yarafashwe undi aratoroka.

Mu murenge wa Nyarubaka akagari ka Kambyeyi umudugudu wa Kabungo, Polisi yahakoreye umukwabu, umugabo witwa Nkurikiyimana Pascale wakekwagaho gukora kanyanga, iwe hasangwa Litilo 250 za Milase ikorwamo Kanyanga.

Polisi ubwo yageraga kuri uyu mugabo, amakuru yizewe agera ku kinyamakuru intyoza.com ahamya ko itabashije gufata uyu mugabo kuko yatorotse aho amakuru ahamya ko yatorokeye mu murenge wa Nyamiyaga, ibyafashwe byamenywe ariko nyirabyo aracyashakishwa.

Bimwe mubyafashwe byaramenwe.
Bimwe mubyafashwe byaramenwe.

Amakuru yizewe agera ku intyoza.com, ahamya kandi ko umukwabu wo kurwanya ikorwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge mu karere ka Kamonyi wakozwe no mu murenge wa Mugina hagafatwa urumogi n’umugabo urucuruza akanaruranguza.

Umukwabu wakozwe mu murenge wa Mugina, wakozwe mu kagali ka Mbati umudugudu wa Kigorora, uwitwa Twagirimana Reverien w’myaka 24 y’amavuko yafashwe na Polisi akaba akurikiranyweho gucuruza no kuranguza urumogi.

Ibi bikorwa byose, biri muri gahunda Polisi y’u Rwanda ikora aho iri hirya no hino mu gihugu, bigamije ahanini gukumira no guca ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. gahonzire wellarrs says:
    August 17, 2016 at 6:59 am

    Ariko abantu bakwiye kwirinda ibiyobyabwenge kuko ntakiza bifite tugiye dukurikiza inama polisi yacu iduha ntakabuza twarandura ibiyobyabwenge gusa abaturage nibafatanye na polisi biranduke.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga