• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Yakubiswe ategewe nzira agirwa intere birangira apfuye

Umwanditsi
May 2, 2019

Ingabire Solange w’imyaka 35 y’amavuko mu ijoro ryo kuri uyu wa 2 Gicurasi 2019 yategewe mu nzira n’abantu baramukubita. Abatabaye ngo bamujyane kwa muganga yabapfiriyeho mu nzira.

Uru rugomo rwo gukubita uyu Ingabire Solange rwabereye mu Mudugudu wa Bumbogo, Akagari ka Kabashumba, Umurenge wa Nyamiyaga mu masaha ya saa saba zishyira i saa munani z’ijoro ryakeye.

Emmanuel Mbonigaba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga yahamirije intyoza.com amakuru y’urupfu rwa Ingabire Solange, anavuga ko bakeka ko uru rupfu rwatewe n’inkoni yakubiswe nubwo ntawuzi uburyo yakubiswemo kugeza ubwo abatabajwe bamusanze ari intere bamujyana kwa muganga akabapfiraho.

Yagize ati” Twamubonye yanegekaye, ajyanywe kwa muganga ageze munzira arapfa. Ariko yari yanegekaye cyane bitewe n’inkoni. Hari abakekwa bashakishijwe bamwe barafatwa, hari n’abataraboneka. Akomeza abuga ko umurambo wa nyakwigendera Ingabire wajyanywe ku bitaro bya Kacyiru ( ibyitwa ibitaro bya Police) kugira ngo apimwe.

Gitifu Mbonigaba, avuga ko amakuru y’uyu mugore bayamenye bayabwiwe n’umuturage wamubonye agahuruza ubuyobozi muri iryo joro, hanyuma Akagari n’Umudugudu bagatabara. Uyu nyakwigendera ngo yatezwe ava ahazwi nko muri Arikide. Ubuyobozi buvuga kandi ko butazi niba hari icyo nyakwigenda yapfaga n’abakekwaho kumukubita kugeza aho bimubyariye urupfu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga