Mu Rwanda habonetse ubwoko bwa Covid butaramenyekana

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda itangaza ko mu gihugu hamaze kugera ubwoko 6 bwa Covid-19 burimo igenda yihinduranya, hakaba n’indi kugeza ubu hataramenyekana ubwoko bwayo buri ku kigero cya 5.4% nkuko byatangajwe na Dr Ngamije, Minisitiri w’Ubuzima.

Muri ubu bwoko bumaze kugaragara, ubwiganje cyane ni ubwamaze kumenyekana nka Delta. Ubu bwabonetse bwa mbere mu gihugu cy’u Buhinde, aho buri ku kigero cya 56.6% nkuko byatangajwe kuri RBA na Minisitiri w’Ubuzima. Avuga kandi ko ubu bwoko bukubye inshuro 4 isanzwe izwi yaturutse mu Bushinwa.

Minisitiri w’Ubuzima, DR Ngamije yanavuze ko imwe mu mpamvu yatumye Leta ifata icyemezo cyo kongera iminsi 5 kuri gahunda isanzwe ya Guma mu rugo ari uko biri mu buryo bwo kugabanya ukwiyongera n’ikwirakwira ry’iki cyorezo, ko kandi hizewe ko bizatanga umusaruro.

Guma mu rugo muri Kigali no mu turere umunani turimo; Kamonyi, Gicumbi, Burera, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana, Rutsiro, yatangiye kuwa 17 Nyakanga ihabwa iminsi icumi, aho yagombaga kurangira kuwa 27 Nyakanga ariko hongerwaho indi minsi itanu izarangirana na taliki 31 Nyakanga 2021 mu gihe haba nta gihindutse.

Minisitiri w’Ubuzima, yavuze ko ubu bwoko bwa Delta aribwo ubu bwandura cyane ndetse bukazahaza abantu, bagapfa ari benshi. Kuva ubu bwoko bwa Delta bwagaragara mu kwezi kwa Gatandatu, nibwo imibare y’abandura n’abahitanwa n’iki cyorezo yatumbagiye mu buryo butari bwarigeze kubaho kuva aho Coronavirus bitangajwe bwa mbere ko yagaragaye mu Rwanda tariki 14 Werurwe 2020.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije asobanura iby’iki cyorezo.

Ubu bwoko bushya bwa Delta, nkuko OMS/WHO ibitangaza bumaze kuboneka mu bihugu 124 ku Isi. Mu mezi make ari imbere, WHO ivuga ko ubu bwoko buzaba bwiganje, aho hitezwe Miliyoni zirenga 200 z’abantu bazaba bamaze kwandura.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →