• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Muhanga: Abanyeshuri basoza amashuri abanza basabwe kwirinda COVID-19

Umwanditsi
July 13, 2021

Abanyeshuri biga mu mashuri abanza basaga ibihumbi 250 mu gihugu batangiye gukora ikizamini bisoza iki cyiciro. Akarere ka Muhanga gafitemo abasaga ibihumbi umunani. Basabwe kwitwara neza bagatsinda, ariko kandi bakanakomeza kwirinda icyorezo cy COVID-19.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yasabye abanyeshuri batangiye ibizamini gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Koronavirusi bakitwararika bagamije kutandura cyangwa ngo banduze abandi.

Mbere yo gutangira ikizamini babanje kuganirizwa.

Yagize ati” Icyo tubifuzaho nuko mukomeza kwirinda Koronavirusi mukambara neza agapfukamunwa mugakaraba inshuro nyinshi,tugamije kwirinda kwandura iki cyorezo no kutacyanduza abandi igihe twacyanduye”.

Yongeyeho ko aba bakandida batangiye ibizamini bakwiye kwiga bagamije gutsinda, anasaba ababyeyi kubaha umwanya bakiga neza bityo bagatsinda bityo bikababera umusingi mwiza w’ubuzima.

Aha niho hajemo ibizamini.

Yagize ati” Mukwiye kwiga mugamije gutsinda ibizamini ariko ntabwo mwabigeraho ababyeyi batabafashije, niyo mpamvu ababyeyi nabo bagomba kubafasha mugatsinda neza, mugatangira neza umusingi mwiza”.

Uwineza Phaina, umwe mu bakandida wakoze ikizamini avuga ko yishimiye kuba yagikoze, ko ubushize batigeze babona uko bagikora ariko ko bizera ko bagomba kwitwara neza.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aha abana ibizamini.

Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi mu karere ka Muhanga, Habyarimana Daniel avuga ko bizeye ko bizagenda neza cyane, ko kandi n’abana bafite ibibazo by’uburwayi bose bafashijwe kuko mu bakoze hari abana batatu bafite COVID-19.

Uyu munsi tariki ya 12 Nyakanga 2021 mu karere ka Muhanga byari biteganyijwe ko abasaga ibihumbi 8,290 bagombaga gukora ikizamini gisoza amashuri abanza harimo abakobwa ibihumbi 4,469. Ibigo 40 nibyo bizakorerwaho ibizamini, aho bizasozwa tariki ya 14 Nyakanga 2021.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga