• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Muhanga: Impeshakurama zatanze miliyoni 3 yo kugurira abakene ubwisungane mu kwivuza

Umwanditsi
December 18, 2021

Abatorejwe mu itorero ry’impeshakurama rigizwe n’abakora mu buvuzi, bashyikirije akarere ka Muhanga amafaranga angana miliyoni 3 y’u Rwanda yo kugurira abantu 1,000 batishoboye ubwisungane mu kwivuza. Bavuga ko babitewe n’akababaro baterwa n’ababagana batishoboye bashaka ubuvuzi.

Umuhuzabikorwa w’Impeshakurama mu karere ka Muhanga, Dusengimana Ezella avuga ko bakunze kubona ibibazo ku bo bakira batabashaka kubona ubwisungane mu kwivuza( Mituweli), ariho bakuye igitekerezo cyo kwiyemeza kugira uruhare mu gufasha aba baturage.

Yagize ati” Iyo turi ku bitaro usanga twakira abarwaye bari mu ngeri nyinshi kuko hari bamwe baba barishyuye amafaranga wenda atabemerera kwivuza, ariko hari igihe birangira ndetse mubo twakira usangamo abatarigeze bishyura n’ifaranga na rimwe, wenda ugasanga bafite ubukene bityo bituma dutekereza gufasha bene abo bantu batabasha kwitangira uyu musanzu kuko indwara idateguza”.

Akomeza avuga ko n’abandi batorejwe mu yindi mitwe y’intore bakwiye kujya bakora ibikorwa byo gufasha abaturage kuva mu bibazo bibangamiye imibereho myiza yabo bityo bagatanga umusanzu wabo wuko bene ibi bibazo byakemuka.

Yagize ati” Nibyo twaratojwe ndetse byaduhaye intege zo gufasha abaturage no kubaha serivisi nziza ariko turasaba n’abandi ko batekereza ku bibazo niyo cyaba kimwe bakagishakira uko cyakemurwa bagatanga umusanzu wabo haba mu bitekerezo no mu bundi buryo bwose bashobozwa”.

Kayitare Jacqueline, Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga avuga ko bishimishije kuba aba bakozi bitanga bagakora akazi kabo bakanatekereza ku badashobora kwibonera ubwisungane mu kwivuza, bakabagenera umusanzu wo kubafasha kubona uko bazajya bivuza n’imiryango yabo kubera ko benshi muri bo baba mu bukene bukabije. Akomeza abashimira uruhare rwabo mu gufasha Akarere gukemura ibibazo by’abaturage.

Akarere ka Muhanga muri uyu mwaka w’ubwisungane mu kwivuza wa 2021-2022 kageze kuri 92,3% ku bamaze gutanga Mituweli, ndetse mu ntara y’amajyepfo aka karere ni aka 8, mu gihe ku rwego rw’Igihugu kari ku mwanya wa 7 ku rutonde rugenda ruhindagurika bitewe n’abishyuye ubu bwisungane.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga