• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Muramvya: Imodoka zitwara abagenzi zaratwitswe, benshi bicwa barashwe, abandi barakomereka

Umwanditsi
June 28, 2021

Imodoka 2 zitwara abagenzi, imwe yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, indi ya Toyota Probox zaguye mu gitero cy’abitwaje intwaro mu ijoro ryo kuwa 26 Kamena 2021 ahagana ku i saa mbiri z’ijoro. Haravugwa abasaga 15 bishwe barashwe, abandi babarirwa mu icumi barakomereka i Muramvya.

Abatangabuhamya mu baganiriye n’ikinyamakuru iwacu cy’i Burundi, bavuga ko hari benshi bapfiriye muri iki gitero, abandi barakomereka, imodoka ziratwikwa ndetse humvikana urufaya rw’amasasu.

Minisiteri y’umutekano mu Gihugu, ibinyujije ku rubuga rwayo yatangaje ko iki gitero ari icy’iterabwoba, cyatwikiwemo imodoka zitwara abantu, gipfiramo abantu iyi Minisiteri itatangajwe umubare n’abandi bakomeretse, aho cyakorewe ku musozi wa Munanira ku muhanda muri Komini Rutegama ku bilometero 3 uva Muramvya werekaza i Gitega, mu murwa mukuru wa Politiki w’u Burundi. Polisi y’iki Gihugu ivuga ko iperereza rikomeje gukorwa.

Ku bantu barokotse iki gitero, bavuga ko abantu bitwaje intwaro barashe ku modoka ubwo bamwe mu bagenzi bageragezaga gukura amabuye yari yafungishijwe uyu muhanda. Bavuga ko abapfiriye muri iki gitero barenga 15 abandi babarirwa 10 barakomereka, aho bahakuwe bajyanwa ku bitaro bya Muramvya na Kibimba.

Iki gitero cyabaye, kije gikurikiye ikindi cyaherukaga gukorwa Tariki 9 Gicurasi 2021 n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye muri iyi ntara nubundi ya Muramvya, aho cyaguyemo abantu cumi abandi benshi bagikomerekeramo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga