• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyabihu: Abagore 2 bafashwe bahetse inzoga za magendu nk’abahetse abana

Umwanditsi
March 17, 2019

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Mukamira kuri uyu wa 16 Werurwe 2019, yafashe abagore babiri bahetse ibiyobyabwenge mu mugongo by’inzoga zitemewe mu Rwanda.

Abafashwe ni Maniriho Oleya w’imyaka 25 na Uwamahoro Umurisa na we  w’imyaka 25. Bakaba bafatanwe amaduzeni 540 y’inzoga za magendu zitemewe mu Rwanda ziganjemo izitwa Blu Sky.

Avuga ku ifatwa ry’aba  bagore, umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police ( CIP) Innocent Gasasira yavuze ko abapolisi bari mu bikorwa byabo bya buri munsi byo kugenzura abantu binjiza magendu mu gihugu n’ibiyobyabwenge, niho bahawe amakuru n’abaturage, bahita bategura ibikorwa byo kubafata.

Yagize ati ‘’Twabonye amakuru ko hari abagore babiri binjije ibiyobyabwenge by’inzoga zitemewe mu Rwanda, tubafata bahetse mu mugongo nk’abahetse abana inzoga zitemewe mu Rwanda z’amoko atandukanye. Ni  amayeri bakoresheje kuko bari babihetse wagira ngo ni umwana bahetse nk’uko baheka umwana bisazwe banatwikirijeho igitambaro.”

CIP Gasasira yakomeje avuga ko inzoga zitemewe mu Rwanda zirimo Blue Sky, Chase Waragi, Living Waragi, Host waragi, Coffee Spirit, African Gin ndetse n’izindi zengerwa mu Rwanda nizo zimaze gufatirwa mu bikorwa bya Polisi bikomeje gushyirwamo ingufu mu gihugu hose.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba yashimiye abaturage ku makuru batanze, abasaba gukomeza umuco mwiza w’ubufatanye na Polisi y’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ibyaha.

Uturere duturiye imipaka nitwo dufatwa nk’inzira zikoreshwa n’abinjiza magendu, ibiyobyabwenge by’inzoga zitemewe mu Rwanda ndetse n’urumogi.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga