• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Nyanza: Abaturage ba Cyabakamyi barashinja abayobozi kubita Abasazi

Umwanditsi
September 14, 2016

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa  Cyabakamyi, barashinja abayobozi babo kutabakemurira ibibazo baba  babazaniye cyangwa se ngo babahe service baba baje  kubasaba ahubwo bagahitamo kubita abasazi, bagamije  kubacubya no kubaca intege ngo badakomeza kubaza  ibyabazanye.

Musabyimana Philimene utuye mu kagari ka Nyarurama umurenge wa Cyabakamyi, avuga ko yari afite ikibazo cy’umwana urwaye kandi arembye, hanyuma yajya  kumushakira ubwisungane mu kwivuza, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari  witwa Suzana aho kumukemurira ikibazo yahise amwita ko ari umusazi, uyu mugore  ngo byaramubabaje cyane.

Yagize  ati«yarantutse  ngo  ndi  umusazi, birambabaza  cyane, ku  buryo   nanjye  nahise  musubiza nti niba ubona ndi umusazi, nyohereza i ndera njye kwivurizayo, ariko we  kunyita  umusazi».

Umwe mubayobozi b'inzego zibanze washyizwe mu majwi n'abaturage.
Umwe mubayobozi b’inzego zibanze washyizwe mu majwi n’abaturage.

Niyigena Yvone nawe utuye muri uyu murenge, avuga ko  yasiragijwe  kenshi  n’ushinzwe  imibereho myiza y’abaturage ku murenge, yanga  kumukemurira ikibazo cy’umwana  afite  urwaye  akaba  afite  ikibazo  cy’ubumuga, Yvone  bitewe  n’uko  ari  umukene, umurenge  wari  wamwemereye  kumufasha  kuvuza  umwana  we, ariko avuga ko kuva mu kwezi  kwa 12 umwaka ushize wa 2015, ahora  asiragizwa bamubwira ngo nagende azagaruke  ejo, bigahora gutyo gutyo. ubu  ngo  iyo  atungutse ku murenge, uyu  muyobozi  amwita umusazi, inkorabusa  n’ibindi  byinshi, ngo  kuko  ahahora kandi aba azanywe  n’ikibazo  cye kimukomereye.

Nkurikiyumukiza  Jean  Marie Vianney, umunyamabanga  nshingwabikorwa  w’umurenge   wa  Cyabakamyi, avuga ko iki kibazo cy’abakozi bamwe batuka ndetse bakanabwira  nabi abaturage atari akizi, ariko ko agiye kugikurikirana, ndetse agasaba abaturage kujya  baza  bakamubwira  ikibazo  bafite  ndetse  haba  hari  n’ubahaye  serivice  mbi  bakihutira  kubivuga ntibabyihererane.

Umunyamabanga nsgingwabikorwa w'umurenge wa Cyabakamyi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyabakamyi.

Umurenge wa Cyabakamyi ni umwe mu mirenge 9 igize akarere ka Nyanza, ni  umurenge  ugizwe n’utugari 5, ukaba  utuwe n’abaturage 22000, abahatuye ahanini batunzwe  n’ubuhinzi bw’ibigori, urutoki, imyumbati ndetse n’ibishyimbo, ni umurenge kandi  ubonekamo amata menshi, gusa  bikigoranye kubonera umusaruro wabo isoko bitewe no kutagira ibikorwa remezo nk’umuhanda ndetse  n’amashanyarazi.

Uwambayinema Marie Jeanne 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga