• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Perezida Idriss Déby Itno wa Chad yitabye Imana nyuma y’ibikomere by’amasasu

Umwanditsi
April 20, 2021

Inkuru y’incamugongo imaze gutangazwa n’igisirikare cya Chad kuri uyu wa 20 Mata 2021, ni iy’uko Perezida Maréchal Idriss Déby Itno yapfuye azize ibikomere by’amasasu yarasiwe ku rugamba mu minsi mike ishize.

Urupfu rwa Idriss Déby rutangajwe nyuma y’iminsi mike hatangajwe by’agateganyo ibyavuye mu matora y’umukuru w’Igihugu yamuhaye intsinzi imuha kuyobora iki Gihugu kuri Manda ye ya Gatandatu.

Amatora y’umukuru w’Igihugu yabaye mu gihe ubutegetsi bwa Déby bwari busumbirijwe n’inyeshyamba zishaka kumukura ku butegetsi. Ingabo z’iki gihugu zikomeje urugamba rwo guhangana n’ibitero by’izi nyeshyamba zamaze kugaba ibitero mu murwa mukuru N’Djamena.

Ibikomere by’amasasu byahitanye Maréchal Déby ni ibyo yarasiwe mugace kitwa Kanem gaherereye mu majyaruguru ku rugamba arengera ubusugire bw’Igihugu nkuko biherutse gutangazwa na General Azem Bermandoa Agouna kuri Televiziyo ya leta.

Nyuma y’urupfu rwa Perezida Idriss Déby, igisirikare cyahise gitangaza iseswa rya Guverinoma ndetse n’inteko ishinga amategeko. Gutangaza ko igihugu kigiye kuyoborwa mu nzibacyuho na Mahamat Idriss Déby, umuhungu wa Nyakwigendera Perezida Déby Itno usanzwe afite ipeti rya Jeneral mu gisirikare cy’iki Gihugu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga