• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Perezida Kagame ayoboye inama y’Abaminisitiri

Umwanditsi
January 18, 2021

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Kagame Paul ku gicamunsi cy’uyu wa mbere tariki 18 Mutarama 2021 bimaze gutangazwa ko ayoboye inama ya Guverinoma, aho zimwe mu ngingo zigwa harimo ijyanye n’ingamba zo gukumira no kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

Itangazo risohowe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri iki gicamunsi, rigaragaza ko Perezida Kagame ariwe uyoboye inama ya Guverinoma yiga cyane ku ngamba zo kwirinda iki cyorezo kigenda kigaragaza ubukana budasanzwe uko umunsi uhita.

Benshi mu bagaragaje ibitekerezo babinyujije ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, bagaragaza ko bimwe mubyo biteze birimo ko hashobora gufatwa ingamba zikaze kurusha izari zisanzwe, aho bamwe bavuga ko nka Kigali ntawe byatungura ishyizwe mukato.

Bimwe mu bimenyetso by’izi ngamba zishobora kuza kuba zikaze ni nk’aho kuri iki cyumweru mu buryo butunguranye, Minisiteri y’Uburezi ku masaha y’umugoroba yasohoye itangazo rihagarika amashuri y’incuke, abanza kimwe n’ayisumbuye yose yo mu mujyi wa Kigali. Hari kandi kuba mu bipimo bifatwa n’imibare itangazwa bigaragara ko iki cyorezo kiri hirya no hino mu gihugu, aho ahatungwa agatoki cyane ari ahahurira abantu benshi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga