• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Polisi y’u Rwanda irasaba inzego zitandukanye korohereza abanyeshuri bajya mu biruhuko

Umwanditsi
July 18, 2019

Igihembwe cya kabiri gisoza umwaka w’amashuri abanza n’ayisumbuye kirarangiye, inzego zitandukanye zirasabwa korohereza abanyeshuri mu ngendo kugira ngo bagere mu miryango yabo amahoro.

Polisi y’u Rwanda irakangurira ibigo by’amashuri n’ibigo bitwara abagenzi korohereza abanyeshuri muri ibi bihe bagiye mu biruhuko kandi n’abanyeshuri ubwabo bakabigiramo uruhare bambara umwambaro w’ishuri ubaranga ndetse n’ababyeyi bagakurikirana urugendo rw’abana babo.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Senior Superintendent of Police (SSP) Jean Marie Ndushabandi aributsa abayobozi b’ibigo by’amashuri gutanga indangamanota ku gihe mu rwego rwo kurinda abanyeshuri kugenda igicuku.

Ibigo by’amashuri birasabwa gukurikirana ababyigamo ko bataha bambaye umwambaro w’ishuri kugira ngo babashe koroherezwa mu rugendo.

SSP Ndushabandi avuga ko ibigo bitwara abagenzi mu mamodoka nabyo bikwiye kugira uruhare mu gutwara neza abanyeshuri muri iki gihe bajya mu biruhuko kandi bakabafasha gutaha kare kugira ngo batarara mu mayira.

Ati “Buri wese afite uruhare mu gufasha abanyeshuri bajya mu biruhuko kugera iyo bajya amahoro kandi butabiriyeho. Umunyeshuri agomba gutaha yambaye umwenda w’ishuri kugira ngo n’ibigo bitwara abagenzi bibashe kumwitaho, bamutware hakiri kare kugira ngo bimurinde kurara mu mayira.”

Yakomeje yibutsa abashoferi kubahiriza gahunda ya Gerayo Amahoro birinda gutanguranwa abagenzi cyangwa gutwara umubare urenze uwagenwe kimwe n’ibindi byose binyuranyije n’amategeko agenga imyitwarire yo mu muhanda nk’uko babikangurirwa mu biganiro bagirana na Polisi hirya no hino mu gihugu.

Ati “Hari ingeso mbi ziranga bamwe mu bashoferi harimo n’izo gutanguranwa abagenzi, kugendera ku muvuduko mwinshi n’izindi, turabasaba kurangwa n’ubwitonzi ndetse no kubahiriza amategeko n’amabwiriza nk’uko babyigishwa kuko n’ejo umuntu akeneye kubaho.”

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda yibukije abanyeshuri ko nabo kugira ngo bagere iwabo amahoro, bagomba kubigiramo uruhare.

Ati “Icya mbere bagomba kwambara umwambaro w’ishuri aho bazaba bari hose, kwirinda kugira ahandi bakatira hatari mu ngo iwabo, kwirinda ababaha amarifuti mu buryo budasobanutse n’ibindi bishobora kubashora mu bishuko. Turabasaba kandi ko mu gihe bari mu modoka bakabona umushoferi ukora ibinyuranyije n’amategeko ko bakwihutira kubimenyesha umupolisi wese babona mu muhanda cyangwa babona uko bahamagara, bagatabaza kuri nimero ziba ziri mu modoka.”

Yibukije ababyeyi gukurikirana urugendo rw’abana babo, kumenya amakuru y’igihe baviriye ku ishuri kuko usanga hari abana babeshya ababyeyi babo ko ikigo cyatinze kubaha indangamanota bigatuma barara ku ishuri kandi baraye ahandi.

Polisi y’u Rwanda kandi nk’urwego rushinzwe umutekano, iraburira umuntu wese ugira uruhare mu gushora abana mu ngeso mbi babafatanya n’ubukene, ubushishozi buke n’ibindi bibazo byatuma babakubirana ko itazabihanganira na rimwe.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga