• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abinjiza amasashe mu gihugu

Umwanditsi
April 23, 2016

Abibwira ko bakwinjiza amasashe ku butaka bw’u Rwanda, bararye bari menge ngo kuko Polisi y’u Rwanda yiteguye gufata uwo ariwe wese uzagerageza kuyinjiza.

Polisi y’u Rwanda ikomeje kwihanangiriza bamwe mu bantu bakigerageza kwinjiza amasashe mu gihugu kandi bitemewe ndetse bihanirwa.

Ibi bije nyuma y’uko Polisi, ku italiki ya 21 Mata, ifatiye abantu bagerageza kwinjiza amapaki 80 y’amasashe baciye mu misozi y’umurenge wa  Cyuve ho mu karere ka Musanze.

Polisi yabonye amakuru ko hari abantu batatu bikekwa ko bashaka kuyinjiza, mu gikorwa cyo kubafata babonye abapolisi babari hafi, bata hasi ibyo bari bafite basubira mu misozi.

Abapolisi basanze, uretse amasashe, bari banafite amakarito 40 y’inzoga zitwa Blue Sky zitemewe mu Rwanda.

Ibindi bisa nk’ibyo byabaye mu ntangiro z’uku kwezi kwa Mata, aho Polisi ikorera mu karere ka Ngoma yafashe uwitwa Hakizimana  Tharcisse n’uwitwa Twizeyimana Theoneste ubwo bageragezaga kwinjiza ibiro 120 by’amasashe mu gihugu.

Avuga kuri ibi byaha byombi, umuyobozi w’ishami ryo kurengera ibidukikije muri Polisi y’u Rwanda, Superintendent of Police (SP) Modeste Mbabazi, yaburiye abakigerageza kwinjiza, kugurisha no gukwirakwiza amasashe agira ati:”Tuributsa tunihanangiriza uwo ari we wese  ko amasashe atemewe mu Rwanda kandi ko kunyuranya nabyo bihanwa n’amategeko. Polisi ihora yiteguye igihe cyose kandi ntizahwema gufata abayinjiza mu gihugu kimwe n’abayacuruza”.

Yongeyeho ati:”Gukoresha isashe birabujijwe guhera muri 2008. Guhera icyo gihe, twafashe ingamba zo kuyarwanya kandi hashyirwaho itegeko rihana abayakoresha.Twakanguriye abaturage kugaragaza uwaba akoresha icyo ari cyo cyose cyangiza ibidukikije nayo arimo, dore ko abayacuruza bayavana mu bihugu duturanye, bakayinjiriza ku mipaka itemewe.”

Yavuze ko abaturage aribo bafite urufunguzo mu kurwanya abanze kumva ayo amabwiriza kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo.

Ingingo ya 433 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ivuga ko ucuruza amasashe wese nta ruhushya abifitiye acibwa ihazabu kuva ku mafaranga 10,000 kugeza ku  mafaranga 300,000.

Kuyakoresha nabyo bitangirwa ihazabu igera ku mafaranga 100,000 ashobora kwikuba kabiri igihe bibaye inshuro irenze imwe.

Muri gahunda yo kwita ku bidukikije, u Rwanda rwashyizeho itegeko rikumira ikoreshwa ry’amasashe n’ibindi bitabora, aho ruzwi nk’igihugu cyabashije kuyaca burundu kuko ari imbogamizi ku bidukikije.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga