• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Rtd Brig General Sekamana Yeguye ku buyobozi bwa FERWAFA

Umwanditsi
April 14, 2021

Kugicamunsi cy’uyu wa Gatatu Tariki 14 Mata 2021 nibwo hamenyekanye inkuru y’uko Rtd Brig General Sekamana Jean Damascene wayoboraga ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda(FERWAFA) yeguye. Mu ibaruwa yandikiye abagize inteko rusange y’iri shyirahamwe, yavuze ko yeguye ku mpwmvu ze bwite.

Rtd Brig General Sekamana, yavuze ko impamvu nyamukuru itumye afata iki cyemezo ishingiye ku kuba imirimo y’iri shyirahamwe atari akibashije kuyihuza n’imirimo ye bwite y’ubuzima bwe bwa buri munsi mubyo akora bimubeshejeho nk’umuntu uri mu kiruhuko cy’izabukuru.

Nubwo uyu Mujenerali wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru agahita ahurirana no guhabwa kuyobora FERWAFA, hari hamaze iminsi mike hirya no hino bahwihwisa ko muri iri shyirahamwe ishyamba atari ryeru. Ni mu gihe kandi hitegurwa amatora mu mpera z’uyu mwaka. Bamwe mu bakurikiranira hafi ibibera muri iri shyirahamwe, bavuga ko nubwo yatangaje ko yeguye ku mpamvu ze bwite, ahubwo ngo ashobora kuba yegujwe.

Ikibazo cyo kweguzwa no kwegura ku bushake mu Rwanda, kugeza uyu munsi ntabwo kivugwaho rumwe kuko usanga ari uruvange mu nzego zitandukanye. Kubona uwemera ko yegujwe kugeza ubu biracyari kure. Gusa, Umukuru w’Igihugu mu myaka yashize yigeze kuvuga ko nta muntu wegura ko ahubwo abenshi mu bayobozi beguzwa ku bw’amakosa baba bakoze cyangwa se inshingano zabananiye. Cyakora na none hari abashobora kunanirwa inshingano ku mpamvu zabo bwite kimwe n’uko byaba ubushake kugeza ubu butavugwa ho rumwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga