• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Ruhango: Umwanya wa Gitifu w’Akarere wapiganiwe n’abantu 64 batsindwa bose

Umwanditsi
March 29, 2021

Mu kizamini cyatanzwe mu ipiganwa ry’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, umwanya umaze umwaka urenga utagira nyirawo, nta numwe mu bantu 64 watsinze ikizamini. Umwanya wongeye gushyirwa ku isoko.

Uwimana Fortunée wahoze kuri uyu mwanya, yawirukanweho. Nyuma yo kuwukurwaho nta muntu wundi wari bwaboneke ngo amusimbure nkuko Umuyobozi w’Aka karere ka Ruhango, Habarurema Valens abivuga.

Meya, avuga ko nyuma yo gutsindwa kw’aba bose 64, umwanya wasubijwe ku isoko. Ati “ Umwanya twongeye kuwusubiza ku isoko uzongera upiganirwe”. Avuga kandi ko aba bakoze ari icy’ikiganiro ( Interview ).

Meya Habarurema, avuga ko inshingano zakabaye zikorwa na Gitifu w’Akarere zirimo gukorwa n’umuyobozi w’Imirimo rusange ( Division Manager-DM) nubwo ngo bivunanye. Avuga kandi ko icyuho kitari gusa ku mwanya wa Gitifu w’Akarere, ko ahubwo banafite icyuho cy’abakozi 30 ku rwego rw’Utugari, Imirenge ndetse no mu karere muri rusange.

Hari bamwe mu bakozi babwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uyu mwanya utari gushyirwa ku isoko ku mpamvu zuko ngo uwari uwurimo nta makosa cyangwa se ibyaha kuri bo babona yakoze, ahubwo ngo icyabaye ni uko atumvikanaga n’umuyobozi w’Akarere.

Kuri bo, amakosa bamugeretseho y’inyereza ry’amafaranga ya leta no kudashyira mu bikorwa inama zatanzwe n’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta ngo byakozwe n’uwamubanjirije.
Bavuga ku bijyanye n’akarengane ke, umwe muri aba bakozi yagize ati: ”Usibye kuba baramurenganyije, bamugeretseho amakosa atari aye ubu yatakaje akazi”.

Aba bakozi bavuga kandi ko nubwo Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buvuga ko abo bantu 64 bose nta numwe watsinze ikizamini, ngo byashoboka ko ari ukuri, ariko kandi bakanavuga ko bishobora no kuba byaratewe nuko uwo bifuzaga guha uyu mwanya atabonetse.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga