• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/06/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
30/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
30/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
30/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Rwamagana: Ba Imamu b’imisigiti bakanguriwe gukumira no kurwanya ibyaha

Umwanditsi
April 28, 2019

Abayobozi b’imisigiti (Imamu) igize I Ntara y’Iburasirazuba mu mpera z’iki cyumweru basoje amahugurwa y’iminsi ibiri bahabwaga mu rwego rwo kubakangurira kugira uruhare mu gukumira ibyaha birimo iterabwoba n’ubutagondwa.

Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wabereye mu karere ka Rwamagana witabirwa na Mufti w’u Rwanda Sheikh Hitimana Salim ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Hatari ndetse n’umuyobozi w’aka karere Mbonyumuvunyi Radjab.

Aya mahugurwa yari afite insanganyamatsiko igira iti “Uruhare rwa Imamu mu kwimakaza umuco w’amahoro no kwirinda ibitekerezo biganisha ku buhezanguni n’ubutagondwa ”

Umuyobozi w’idini ya Islam mu Rwanda Sheikh Hitimana Salim yavuze ko bateguye aya mahugurwa kugirango afashe aba Islamu kumva ko kurwanya ibyaha ari inshingano za buri wese.

Yagize ati “Murasabwa kwirinda kuba umuyoboro w’ubutagondwa n’ubuhezanguni, ahubwo mukaba abayobozi bazi ko bari mu cyimbo cy’intumwa y’Imana Muhammad, mukaba  abanyampuhwe ku biremwa bya Nyagasani mubashishikariza gukora ibitunganye.”

Mufuti Hitimana yasabye ba Imamu kureba ku mahirwe Abayisilamu bahawe na leta bakirinda ikintu cyose cyatuma isura yabo yandura bishingiye kubutagondwa n’ubuhezanguni.

Mu kiganiro bahawe n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba ACP Emmanuel Hatari yababwiye ko iterabwoba ari ikibazo gihangayikishije Isi, Afurika ndetse n’u Rwanda by’umwihariko. Abasaba kurirwanya mumbaraga zose zishoboka.

Yagize ati “ kugeza ubu iterabwoba n’ubutagondwa bikunze kugaragara ku bantu bihishe inyuma y’idini ya Islam, kandi ko n’imitwe ibyigisha yiyita aba Islam Muharanire kugaragaza ko ntasano iri hagati ya Islamu n’ubwiyahuzi binyuze mu gutanga amakuru kubacengeza aya matwara babiyitirira .”

ACP Hatari yakomeje abasaba gushyira imbaraga mu bikorwa byokurwanya iterabwoba   batangira amakuru ku gihe kuwo babonyeho imyumvire ibiganishaho, asoza abasaba kuba aba Islam beza no kubaha abayobozi munzego zitandukanye, kurinda no gusigasira ibyagezweho bikaba ibya buri wese.

Meya Mbonyumuvunyi Radjab yashimiye umuryango w’aba Islam mu Rwanda (RMC) wahisemo gukorera aya mahugurwa mu karere ka Rwamagana agasaba ba Imamu kuzageza kubayoboke babo ibyo bungukiyemo .

Yibukije ba Imamu ko Islam itigeze na rimwe yigisha abayoboke bayo kubanira nabi abandi kabone n’ubwo baba badahuje ukwemera. Abasaba kuba intangarugero mu gukumira no kurwanya abakora ibyaha birimo iterabwoba, ubutagondwa ndetse n’ubuhezanguni bitwaje idini.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga