• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Tanzania: Perezida John Pombe Magufuli byemejwe ko ariwe watsinze amatora y’umukuru w’igihugu.

Umwanditsi
October 31, 2020

Ibyavuye mu matora byagaragaje ko John Pombe magufuli usanzwe ari Perezida wa Tanzania yongeye kugirirwa icyizere agatorerwa kuyobora iki gihugu kuri manda ye ya kabiri. Yatsinze ayamatora ku majwi 84% mu gihe uwamuguye mu ntege Tundu Lissu yagize amajwi 13%, nkuko byatangajwe n’akanama k’amatora.

Gusa Ariko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bamaze gutangaza ko batemera ibyavuye mu matora ya perezida yabaye ku wa gatatu tariki 28 Ukwakira 2020, bavuga ko yabayemo uburiganya.

Abantu bagera kuri 37 barimo 13 bo karere ka Liware ndetse na 24 ba Nachingwea bamaze gutabwa muri yombi bazira kwigaragambya batemera ibyavuye mu matora nkuko umuyobozi wa police mu gace ka Lindi Stanley Kulyamo yabitangarije ikimakuru the citizen cyo muri Tanzania.

Perezida Magufuli w’imyaka 61, yari ahatanye n’abandi bakandida bagera kuri 14. Magufuli yatsindiye kuyobora Tanzania manda ye ya kabiri y’imyaka itanu ari nayo ya nyuma iteganywa n’itegekonshinga rya Tanzania nyuma yo gutorwa na miliyoni 12,5 muri miliyoni 15,9 zatoye.

Ishyaka rye ‘Chama Cha Mapinduzi’ (CCM) ryari risanzwe riri ku butegetsi, ryanatsinze n’ubwiganze bw’amajwi mu matora y’abagize inteko ishingamategeko, ritsindira imyanya 227 ku myanya 229 yatangajwe.

Akanama k’amatora ka Tanzania kavuze ko hafi kimwe cya kabiri cy’abari biyandikishije ko bazatora batatoye nkuko bbc dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Source:BBC

Venuste Habineza/Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga