• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
15/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
15/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
15/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Uganda: Abaganga bemeye guhagarika imyigaragambyo bagasubira mu kazi nyuma y’ibyo bemerewe

Umwanditsi
December 18, 2021

Abaforomo n’abaganga bari bamaze iminsi mu myigaragambyo ndetse barataye akazi, bemeye guhagarika uko kwigaragambya bagasubira mu kazi kuri uyu wa mbere.

Aba baganga, bemeye gusubira mu kazi nyuma y’inama yabaye hagati y’abahagarariye Leta, aba baforoma hamwe n’abaganga bimenyereza umwuga. Bemeye guhagarika imyigaragambyo barimo, aho yari imaze ukwezi kurenga basaba kongezwa umushahara no koroherezwa mu kazi.

Leta ya Uganda, yemeye kubongeza umushahara, bakava ku mashilingi ya Uganda 750.000 (hafi $200) bagahabwa miriyoni 2.5 z’amashilingi (ni ukuvuga hafi $700).

Uyu mushahara bemerewe, bazawuhabwa bahereye mu kwezi kwa Nyakanga(7) uyu mwaka, kandi kuri uyu wa mbere bijejwe ko amafaranga azaba yageze ku ma konti yabo.

Mu nama yabahuje kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Ubuzima yemeye kandi guhagarika ingingo yari yafashe yavuga ko abaganga bose bari bahagaritse akazi bava mu bigo bakoramo no mu myanya y’akazi kose ka Leta.

Iri tsinda ry’Abaganga, bahagaritse akazi basigaje amezi abiri ngo barangize ukwimenyereza kwabo. Abari muri iyi myigaragambyo bazongererwa igihe kugiraa ngo babashe kurangiza igihe cyabo cyo kwimenyereza akazi( stage).

Kuva mu bihe bishize, nkuko bitangazwa na BBC dukesha iyi nkuru, imyigaragambyo n’ibiganiro ku bijyanye n’umushahara hamwe no koroherezwa mu kazi muri Uganda ni ibintu byagiye biba nibura rimwe mu mwaka kuva mu 2017.

Abahagarariye abakozi bakora mu bijyanye n’Ubuzima bari mu rugendo bajya ku nama nshingamategeko ku wa gatatu kugira ngo bayishyikirize urwandiko batangiriwe, bahagarikwa na Polisimu gihe cy’amasaha, ariko nyuma baza kubarekura.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga