Uganda yashyizwe mukato na Leta y’Ubwongereza

Leta y’Ubwongereza yashyize Igihugu cya Uganda ku rutonde rw’ibihugu ababivuyemo batemerewe gukandagira ku butaka bwayo guhera tariki 30 Kamena 2021.

Ibi bigendanye no kwiyongera kw’abanduye Coronavirus n’ubwoko bushya bw’iyi virus bwandura vuba cyane. Abongereza hamwe n’abafite uburenganzira bwo kuhatura batashye nibo gusa bazemererwa gusubira iwabo.

Mu ntangiriro z’uku kwezi nkuko BBC ibitangaza, Emira zunze ubumwe z’Abarabu yahagaritse kongera kwemerera abagenzi bavuye cyangwa baciye muri Uganda kwinjira muri icyo bihugu.

Uganda ihanganye n’inkubiri ya kabiri y’iki cyorezo, imibare y’abandura n’abapfa yakomeje kuzamuka kuva mu mpera z’ukwezi kwa gatanu.

Tariki 22 z’uku kwezi hatangajwe abantu 1,200 banduye, kugeza ubu abagera ku 75,000 bose hamwe nibo batangajwe ko bayanduye.

Amategeko ya Guma mu rugo y’iminsi 42 yatangajwe na Perezida Museveni mu cyumweru gishize, hamwe n’umukwabu w’ijoro uhera saa moya kugaza saa kumi n’imwe z’igitondo.

Amashuri, gutwara abantu hamwe n’ibikorwa bimwe by’ubucuruzi byarahagaritswe nk’ingamba zo kwirinda ibibi kurushaho by’iki cyorezo. Gusa imipaka mpuzamahanga ya Uganda, irimo n’ikibuga cy’indege, irafunguye ku bagenzi berekanye ibyangombwa ko batanduye Covid.

Kugeza ubu, Ubuhinde nicyo gihugu cyonyine Uganda yabujije abakivuyemo kuyinjiramo. Uyu munsi kuwa gatanu tariki 25 Kamena 2021, Perezida Museveni yategetse ko uba umunsi w’ikiruhuko w’amasengesho y’igihugu ku baganga bahanganye n’iki cyorezo n’imiryango kimaze kwicira abayo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →

One thought on “Uganda yashyizwe mukato na Leta y’Ubwongereza

  1. Fulgencie June 25, 2021 at 12:42 pm

    Ni aha Nyagasani.

Comments are closed.