Umunyamerika yatawe muri yombi ashinjwa ibikorwa birwanya Leta ya Uganda

Polisi ya Uganda yatangaje kuri uyu wa mbere ko yataye muri yombi umuturage w’Amerika “kubera uruhare ashinjwa kugira mu bikorwa birwanya leta bigamije kubangamira imikorere yayo”.

Umunyamerika Guy Smith yatawe muri yombi ku cyumweru mu mujyi wa Fort Portal mu karere k’uburengerazuba bwa Uganda, nkuko polisi yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga.

Polisi yavuze ko Bwana Smith agifunze mu gihe amaperereza akomeje. Smith ntarumvwa agira icyo avuga ku byaha aregwa.

Itangazo rya polisi ya Uganda nkuko BBC yabitangaje rigira riti: “Andi makuru mashya ayo ari yo yose na yo azatangazwa“.

Ibiro ntaramakuru Reuters byasubiyemo amagambo y’umutegetsi wo mu biro bishinzwe ububanyi n’amahanga bw’Amerika, avuga ko Leta y’Amerika yamenye iby’uwo muturage wayo wafunzwe.

Reuters yasubiyemo amagambo ye agira ati: “Twabonye amakuru y’umuturage w’Amerika ufungiye muri Uganda. Igihe cyose umuturage w’Amerika afunzwe, tuba twiteguye kumuha ubufasha bukwiye bwose”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →