• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
13/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
13/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
13/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Uwahoze ari Perezida w’Uburundi yakatiwe igifungo cya burundu, uwari Minisitiri w’intebe agirwa umwere

Umwanditsi
October 22, 2020

Uwahoze ari perezida w’Uburundi, Pierre Buyoya, yakatiwe igifungo cya burundu adahari kubera iyicwa ry’uwamusimbuye mu 1993, nk’uko byemejwe n’urukiko.

Ku munsi wo kuwa wa mbere, Buyoya yahamwe n’icyaha cyo “kugaba igitero kuwari umukuru w’igihugu” akaba yaragize uruhare mu iyicwa rya perezida watowe binyuze mu nzira ya demokarasi, Melchior Ndadaye, mu gihe cyo guhirika ubutegetsi bwinjije igihugu mu ntambara y’barundi.

Usibye Buyoya, abayobozi 18 bo mu rwego rwo hejuru n’abasivili bari hafi ye bakatiwe igihano kimwe. Abandi bantu batatu bakatiwe igifungo cy’imyaka 20 kubera “ubufatanyacyaha” muri ibyo byaha kandi uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Antoine Nduwayo, yagizwe umwere.

Batanu gusa mu baregwa bari bahari, abasigaye bakatirwa badahari. Umwe mu baregwa yavuze ko atatangajwe no kubona abunganizi babo batigeze bamenyeshwa ko iki cyemezo kigomba kubaho.
Kugeza ubu Buyoya ahagarariye Umuryango w’ubumwe bw’Afurika muri Mali kandi ni umuntu wubashywe ku mugabane wa Afurika ndetse no mu mahanga.

Buyoya, yagiye ku butegetsi mu 1987 abifashijwemo n’ingabo. Yeguye ku mirimo ye mu 1993, igihe Ndadaye, yatorwaga n’abaturage binyuze muri democracy, ariko Ndadaye yishwe nyuma y’amezi ane gusa. Byatumye hababo gushaka guhirika ubutegetsi bikozwe n’abasirikare.

Ubwicanyi bwateje intambara mu myaka myinshi hagati y’amoko y’abahutu n’abatutsi mu gihugu cy’Uburundi, aho abantu bagera ku 300.000 bapfuye. Buyoya yongeye kuba Perezida nyuma yo guhirika ubutegetsi, hagati ya 1996 na 2003.
Source:The East African

Venuste Habineza/Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga