• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
16/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
16/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
16/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge

Muhanga : Ntabwo ihohoterwa ryashira ritavuzwe – Murekezi Anastase

Editor
October 17, 2015
Ifoto inzu Isange intyoza.com

Kugirango ihohoterwa rishingiye kugitsina hamwe n’irikorerwa abana rishire ni uko abantu barivuga kandi bakarirwanya .

Minisitiri w’intebe Murekezi Anastase avuga ko ibikorwa bigamije ubukangurambaga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye kugitsina ndetse nirikorerwa abana ari inshingano ya buri wese ndetse ko ari ibyo kuzirikana buri munsi.

Ni nyuma yo gutaha inzu nshya yuzuye ku bitaro bya Kabgayi ya one stop center izajya yakira abahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’irikorerwa abana akaba kandi yanatangizaga amezi atatu k’ubukangurambaga bugamije kurirwanya azarangira mu mpera y’ugushyingo uyu mwaka .

Minisitiri w’intebe avuga ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ari ukubahiriza ibiteganywa n’itegeko nshinga rya Repuburika y’u Rwanda .

Minisitiri w’intebe agira ati

ihohoterwa rishingiye ku gitsina rihungabanya uburenganzira bw’abarikorerwa kandi rikadindiza iterambere ry’umuntu kugiti cye n’iterambere ry’igihugu muri rusanjye ,kuko uwo ryakorewe adashobora gushyira umutima hamwe ngo atekane maze atere imbere.

Akomeza agira ati

ihohoterwa rikorerwa abana rigira ingaruka mbi cyane , umwana urikorewe aba yiciwe ejo he hazaza hagombye kuba heza , mwibuke ko abana aribo mizero nyakuri y’igihugu icy’aricyo cyose.

Minisitiri w’intebe agaya abaceceka mugihe habaye ihohoterwa muburyo ubwaribwo bwose ariko cyane cyane abitwaza ko ryakozwe na bamwe mubo mu muryango waba uwahohotewe cyangwa uwahohoteye akavuga ko ntawe ukwiye guceceka ko ahubwo hakwiye kuba ubufatanye munzego zose hakagaragara uruhare rwa buri wese.

Polisi y’igihugu igaragara cyane muri ibi bikorwa byo gukumira no kurwanya ihohoterwa yerekanye ko uburyo n’ubushobozi bihari mu gukurikirana ibi byaha bishingiye ku ihohoterwa byaba kugira abapolisi bafite ubumenyi buhagije ndetse n’ibikoresho bihagije.

Ifoto y’imodoka ya Polisi iri Mobile
Imodoka ya Polisi Mobile Clinic ya Isange one stop center

Minisitiri Oda Gasinzigwa ufite uburinganire n’iterambere ry’umuryango munshingano ze avuga ko ubukangurambaga batangije bw’amezi atatu atari ubwambere cyangwa ubwanyuma ko ari ukugirango barebe ibibazo basigaranye uko bimeze , ingufu zashyirwamo ari mu gukumira , gutanga serivise nziza kuwahohotewe hubakwa umuryango kuburyo burambye.

Minisitiri Oda agira ati

kimwe mu bikorwa birimo ni ukugira ngo tugire serivise zakira abahohotewe zidakuraho gukumira ikibazo cy’ihohoterwa ariko ahubwo zireba wawundi wahohotewe uburyo yafashwa kugirango abashe koko gusubira mu muryango nyarwanda yahumurijwe , yavuwe , yarengewe mu rwego rw’amategeko.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5798 Posts

Politiki

4049 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga