• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
22/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
22/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
22/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Yataye umwana mu musarani nawe bamuta muri yombi

Editor
October 28, 2015
Ifoto WC yatawemo umwana intyoza.com

Nyuma y’iminsi irindwi ataye umwana mu musarani nawe yatawe muri yombi ngo abazwe ibyo yakoze.

Umubyeyi w’imyaka 34 witwa Munderere Leontine nyuma yo kujugunya mu musarane umwana we yibyariye ubu ari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano kugirango abazwe n’amategeko ibijyanye n’ibyo yakoze byo kujugunya umwana mu musarane.

Kuri uyu wa kabiri taliki ya 27 ukwakira 2015 mu masaha ya mugitondo nibwo Leontine yafashwe ashyikirizwa inzego z’umutekano aho akurikiranywe ho kujugunya umwana mu musarane.

Munyemana Martin umugabo wabo na Leontine ( murumuna w’umugabo we ) yatangarije intyoza.com ko uyu mubyeyi nubwo umugabo we yapfuye ngo ntacyo yari abuze cyamutera igikorwa kigayitse nk’iki.

Uyu Munyemana avuga ati

uyu mugore umugabo we yamusigiye abana 2 gusa n’imitungo nyuma yabyaye undi aramurera , ubu yafataga ay’ubwiteganyirize bw’umugabo mbese ntacyo yari abuze cyatuma akora aya mahano kuko yari yifashije.

Ifoto abashungereye Leontina
Munderere Leontine wataye umwana mu musarane ubwo intyoza.com yageraga kubitaro bya Rukoma aho yari akiri ntabwo ubuyobozi bw’ibitaro bwemeye ko agira icyo atangaza ariko kubw’amahirwe yaje kujyanwa kuri bank agiye gushaka amafaranga yo kwishyura ibitaro tubasha kumubona yemera no kutuganiriza.

Leontine agira ati

rwose nanjye kubyara rwose sinamenya ukuntu byagenze nabonye ko umwana avutse yapfuye rwose nirwanaho kugirango mwihambire nicyo kibazo nagize n’ubwenge buke nagize nigira inama ngo reka mujugunye mu musarane.

akomeza avuga ko atigeze ajya kwa muganga ariko ubwo yafatwaga habanje kuza iyanyuma hanyuma aho umwana aziye akaza yapfuye.

Leontine asaba ubutabera imbabazi agira ati

njyewe ubutabera nabusaba imbabazi kuko ntabwo nanjye nabikoze ari ibintu ngambiriye ahubwo nuko nagize ubwenge bukeya kuko niyo ntabaza bari kuntabara bakanabona ko umwana nabyaye yaje yapfuye cyangwa se niyo njya kwa muganga bari kumbyaza n’ubundi yapfuye ariko atari njye ubikoze.

Rudahunga Jean Marie Vianney umuyobozi w’akagari ka Gihira umurenge wa Gacurabwenge ho muri Kamonyi uyu mubyeyi abarizwa mo yatangarije intyoza.com ko amakuru bayamenye bayabwiwe n’umuntu wari ucumbitse munzu ya Leontine .

Uyu muyobozi Rudahunga JMV avuga ko uyu mubyeyi yari yifashije nta kibazo cy’ubuzima bubi nk’urwitwazo yagira ngo kuko yari afite inka 2 murugo afite inzu akodesha ndetse anafata amafaranga y’ubwiteganyirize bw’umugabo kuko yari Mwalimu akaba na Pasitoro.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga