• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Bugesera: Abagome batemaguye inka ya Maj. David Rwabinuma

Umwanditsi
May 28, 2016

Abantu bataramenyekana, bagiye mu rwuri rurimo inka za Majoro David Rwabinuma batemagura inka ye ya kijyambere.

Mu murenge wa Ruhuha, akagari ka Gikundamvura, abantu bataramenyekana buzuye ubugome bagiye mu rwuri (Ifamu) rwa Maj. David Rwabinuma batemagura inka ye ya Kijyambere.

Mutaganda Celestin, umuturage w’uyu murenge, yabwiye ikinyamakuru intyoza.com ati:” mu Kinyarwanda baca umugani ngo ukubita imbwa aba ashaka shebuja, ubwo utemye inka y’umuturanyi aba atemye nyirayo, uwatemye iyi Nka bivuze ko yabuze nyirayo kuko iyo amubona niwe aba yatemye”.

Mutaganda ndetse n’abandi baturage baganiriye n’intyoza.com, bavuga ko iki gikorwa kigayitse  aho bakibona nk’igikorwa cy’ubunyamaswa cyakorewe Maj. David Rwabinuma batemagura inka ye.

Abaturage b’uyu murenge wa Ruhuha akagari ka Rukundamvura, basaba ubuyobozi ko mu gihe aba bagome baba bafashwe bahanwa by’intangarugero kugira ngo bibere n’abandi isomo cyane ko ngo ibi bitari bisanzwe.

Maj. David Rwabinuma, yadutangarije ko yababajwe n’uru rugomo yakorewe inka ye igatemagurwa, avuga ko abakoze ibi bikorwa bakurikiranwa nkuko amategeko abiteganya.

Madamu Marie Claire Umulisa, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhuha, yabwiye intyoza.com ko iki gikorwa kitari kimenyerewe muri uyu murenge bityo ngo iperereza rikaba rigikomeje kugirango hamenyekane ababa bakoze ubu bunyamanswa, yadutangarije kandi ko hafunzwe abantu babiri(umugabo n’umugore) bakekwa kugira uruhare muri iki gikorwa.

Bizimana Theogene 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga