• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Muri Polisi y’u Rwanda 965 Barangije inyigisho zibanze za gipolisi

Umwanditsi
June 2, 2016

Nyuma yo guhabwa amahugurwa abinjiza muri Polisi y’u Rwanda, nubwo hari ibyo bazamenyera mu kazi, basabwe kuba abarinzi b’ibyagezweho no gukora kinyamwuga.

Taliki ya 01 Kamena, hasojwe amasomo y’icyiciro cya 12 cy’inyigisho z’ibanze z’umwuga wa gipolisi (Basic Police Course) ku Ishuri rya Polisi riri i Gishari mu karere ka Rwamagana, abarangije aya masomo bakaba bagera kuri 965 barimo ab’igitsinagore 229.

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheik Musa Fazil Harerimana wayoboye uyu muhango, niwe washyize abarangije amahugurwa ku ipeti rya “Police Constable.”

Umuhango witabiriwe kandi n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda,  Inspector General of  Police (IGP) Emmanuel K. Gasana, abamwungirije aribo  ushinzwe ibikorwa bya Polisi, DIGP Dan Munyuza n’ushinzwe ubuyobozi n’abakozi, DIGP Juvénal Marizamunda, bamwe mu bafatanyabikorwa ba Polisi n’abandi.

Polisi pass2

Minisitiri Musa Fazil, yibukije abapolisi bashya kuzarangwa n’indangagaciro z’ubunyangamugayo, gukunda igihugu no guhora baharanira kurinda ibyagezweho.

Yabashimiye kuba barahisemo kwinjira mu gipolisi ngo bafatanye n’abandi gucunga umutekano.

Yagize ati:” Ikaze muri Polisi y’u Rwanda kuko ari urwego rugendera ku ndangagaciro z’igihe kirambye”.

Minisitiri Musa Fazil yagize kandi ati:”Uyu munsi turavuga gahunda ya Ndi umunyarwanda mu gihe tukibuka abavandimwe bacu bazize jenoside yakorewe Abatutsi, hari abandi kandi batanze ubuzima bwabo baharanira icyiza, bahagarika Jenoside banabohora igihugu. Aka niko gaciro ka Ndi Umunyarwanda mukwiye guharanira”.

Yongeyeho ati:” Uyu mwuga mutangiye usaba ubunyangamugayo. Murasabwa guhora mwitwararitse ku mategeko, muhesha isura nziza kandi muharanira kutayitakaza kuko Polisi y’u Rwanda yamaze kwubaka izina haba mu gihugu no hanze yacyo”.

Yarangije avuga ko abanyarwanda bafitiye icyizere inzego zishinzwe umutekano, ko bityo badakwiye gutuma icyo cyizere gitakara, ko ahubwo bagomba guharanira icyatuma cyiyongera.

Polisi pass 3

Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera uyobora ishuri rya Gishari, yavuze ko abarangije amahugurwa bagaragaje disipulini n’ ubushake ariko ko hakiri byinshi bazakomeza kwigira mu kazi bagiye gutangira.

Aya mahugurwa yasojwe, yibanze ahanini ku mikorere y’akazi ka gipolisi, ikoreshwa ry’imbunda, ubufatanye n’abaturage mu kurwanya ibyaha, imikoranire n’ubwuzuzanye n’izindi nzego, kubungabunga amahoro n’ibindi.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. BONIFACE says:
    June 3, 2016 at 6:23 am

    Twifurije akazi keza abo bapolisi bacu kandi bazarangwe n’ubunyamwuga nk’abakuru babo bashimwa mu gihugu no hanze yacyo umuhate na displine bagaragaza mukazi kabo kaburi munsi.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga