• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Musenyeri Nzakamwita yahuye n’akaga imbere ya Evode Uwizeyimana

Umwanditsi
December 16, 2016

Ku munsi wa nyuma w’inama y’Igihugu ya 14 y’umushyikirano, umunyamabanga wa Leta ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana yateye ishoti igitekerezo cya Musenyeri Nzakamwita avuga ko nta shingiro gifite.

Evode Uwizeyimana, umunyamabanga wa Leta ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko, mu mvugo ye yagaragaje ko Musenyeri Nzakamwita uyobora Diyoseze ya Byumba igitekerezo yatanze ku muryango nta shingiro gifite ndetse yibaza uko amenya ibibazo byo mu ngo atarashatse.

Evode Uwizeyimana yagize ati:” Nashatse kugira icyo mvuga ku cyo bise igitekerezo cya Musenyeri Nzakamwita, nibaza ko dukwiye kutareka ngo kigende, yavuze ngo umutekano urahari kandi ni mwiza turabishima, ariko iyo ugeze mu ngo usanga ntawo, iyi ni imvugo abantu badakwiye kureka ko igende gutyo”. Umunyamategeko Evode Uwizeyimana akanaba umunyamabanga wa Leta ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko yanakomeje yibaza uko Musenyeri amenya iby’ingo kandi atarubatse.

Yagize ati:”Njyewe nabanje kwibaza ngo abibwirwa n’iki ko Musenyeri nta rugo agira. Yavuze ikibazo cy’abagore bica abagabo babo cyangwa abagabo bica abagore, abana bica ababyeyi, nta Sosiyete nimwe yo muri iyi si ya Nyagasani itagira icyaha na kimwe”.

Bernard Makuza, Perezida wa Sena y’u Rwanda yafashe ijambo agira icyo avuga aho yerekanye ko anyuranije n’ibyo Evode Uwizeyimana yari amaze kuvuga yerekana ko igitekerezo cya Musenyeri cyumvikanye ko kandi gifite ishingiro. Yagize ati:” Ngira ngo igitekerezo cyumvikanye kandi icyo Musenyeri Sylverien yavugaga ni ikintu kitureba nk’umuryango nyarwanda”.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga