• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Mexique yateye utwatsi ibyatangajwe na Trump ko izishyura urukuta ruzubakwa

Umwanditsi
January 26, 2017

Ubutegetsi bwa Leta ya Mexique butangaza ko nta faranga na rimwe biteguye gutanga ku rukuta Donald Trump yamaze gusinyira ko rugomba kubakwa rugatandukanya ibi bihugu.

Perezida Donald Trump, ubwo yiyamamarizaga kuyobora Amerika yashimangiye ko kimwe mubyo azakora nagera ku butegetsi azubaka urukuta ku mupaka uhuza Amerika na Mexique. Ibi yatangiye kubishyira mu bikorwa kuko yamaze gusinya itegeko ryemeza iyubakwa ry’uru rukuta akanavuga ko Mexique izabyishyura nubwo yo yabiteye utwatsi.

Mu gihe Perezida Donald Trump yamaze gushyira umukono ku itegeko ryo kubaka uru rukuta rutandukanya Amerika na Mexique ndetse agashimangira ko Mexique igomba kuzarwishyura, Perezida Enrique Pena Nieto uyobora Mexique yabiteye utwatsi avuga ko nta n’urutoboye bazishyura kuri uru rukuta.

Perezida Enrique Pena Nieto, kuri Televiziyo yabwiye abanyagihugu ko yabivuze ndetse ko abisubiramo ko nta faranga na rimwe Leta ayoboye yiteguye kwishyura uru rukuta. Kuba Mexique ititeguye kugira ifaranga na rimwe isohora mu kwishyura uru rukuta, Perezida Pena Nieto yatangaje ko ntacyo bitazahungabanya ku mubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi, ko ndetse bazakomeza gufatanya mu gushaka umuti w’abimukira.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga