• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyamagabe: Abarema isoko rya Mushubi bahangayikishijwe no kutagira isoko rya kijyambere

Umwanditsi
March 2, 2017

Kutagira isoko rya Kijyambere, ni ikibazo abaturage barema isoko rya Mushubi bavuga ko kibahangayikishije kuko ngo yaba izuba ntabwo riborohera iyo ricanye, imvura iyo iguye byo ngo biba bibi kurushaho kuko banyagirwa ntibacuruze.

Abaturage barema isoko rya Mushubi ho mu murenge wa Mushubi akarere ka Nyamagabe, bavuga ko babona barasigajwe inyuma mu iterambere rigera kubandi kubwo kutagira isoko rya Kijyambere, bavuga ko nta kiborohera yaba izuba yaba n’imvura aho ngo yo ibakabiriza kubwo kubanyagira n’ibicuruzwa byabo.

Bamwe mu baturage baganiriye n’intyoza.com bahamya ko nta mahoro bagira mu hige baremye isoko, byaba ibihe by’izuba ngo baba bamerewe nabi naryo, byaba ibihe by’imvura byo ngo usanga ari ibibazo bikomeye kuko Babura aho bugama, ibyo bajyanye mu isoko bikanyagirwa bityo bakarushaho kumva ko bibagiranye.

Hamwe mu gice cy’isoko gicururizwamo ibintu bitandukanye bikomoka ahanini k’ubuhinzi.

Habanabashaka Safari, urema isoko rya mushubi akoze ibirometero bitari bicye kuko atuye hafi ya santere y’ubucuruzi ya Gasarenda, avuga ko kutagira isoko rya kijyambere ari imbogamizi kubacuruzi, haba igihe cy’izuba haba n’igihe cy’imvura. Agira ati:” Mba naje gushaka imibereho ariko nyine iyo ikibazo cy’imvura kigeze turanyagirwa kuko nta bwugamo dufite tukabura umutekano. Batwubakiye isoko byarushaho kudushimisha tugacuruza neza nta mvura nta zuba.”

Ntimugura Jean Claude we agira ati:” Tugize Imana tukabona nk’abantu badukura mu bwigunge bakatwubakira iri soko baba badukuye ahakomeye kuko mu mvura turanyagirwa, muzuba riratwica, mbese twibereye mubwigunge. Abiyamamaje batwizezaga kutwubakira isoko ariko twarabitegereje nta kintu twabonye nta n’amakuru nibura twumva y’igihe rizubakirwa ngo natwe tube nk’ahandi tujya twumva.”

Umuturage Mukashema we agira ati:” twifuza kubakirwa isoko. Nk’abaturage, iyo abayobozi badusezeranije ikintu tugategereza tukabona bidakozwe ndetse ntitunahabwe amakuru y’uko bimeze dukomeza kubyibazaho, hashize igihe pe, imvura iratunyagira ikatubuza gucuruza, izuba naryo iyo ririho riratwica, dukeneye ubuvugizi tukubakirwa isoko.”

Ibiro by’Umurenge wa Mushubi.

Nsengiyumva Leonidas, umukozi ushinzwe imari n’ubutegetsi (Admin) mu murenge wa Mushubi aganira n’intyoza.com yagize ati:” Ikibazo cyo kuba abaturage badafite isoko, icyo ngicyo kirazwi ariko muri gahunda ya Leta ubu ngubu iriho ni uko abaturage bigirira uruhare mu bigomba kubakorerwa, mu byabashije gutoranywa n’abaturage kuzakorwa mu ngengo y’imari ya 2017-2018 n’iri soko ririmo, ni umushinga wemewe uvuye mu byifuzo by’abaturage.”

Uretse kuba abaturage barema isoko rya Mushubi bahangayikishijwe n’isoko ryabo ritubatswe mu buryo bwa kijyambere, banifuza ko abayobozi bajya babegera bakababwira aho imishinga cyangwa ibikorwa biba byarabijejwe bigeze bityo bakamenya niba bizakorwa vuba cyangwa se bitagikozwe aho guhora iteka bibaza ko bababeshye.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga