• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Imigambi y’umuryango RPF-Inkotanyi irasobanutse niyo mpamvu namamaje Paul Kagame-Nsanzimana Thacien

Umwanditsi
June 11, 2017

Nsanzimana Thacien, umuturage ugaragaza urukundo n’ishyaka afite mu kwamamaza Paul Kagame, avuga ko Imigabo n’imigambi by’umuryango RPF-Inkotanyi ari ubuzima bwa buri munyarwanda n’umunyamahanga uzi guhitamo neza, ibikorwa bimaze gukorwa bigaragaza intambwe idasubirwaho mu kuganisha umunyarwanda mu cyerekezo cy’ibyiza.

Thacien Nsanzimana, ni umuturage wo mukarere ka Nyamagabe ariko kandi akaba umurezi i Kaduha, yazamutse kugera ku rwego rw’intara y’amajyepfo yamamaza Paul Kagame nk’umukandida avuga ko yemera kandi abona ko ashoboye haba mu Rwanda no hanze yarwo kuko ngo abanyarwanda bamwemera n’abanyamahanga bakemera ubuhanga n’ubutwari agaragaza aho ndetse ngo asigaye atumirwa gutanga amasomo.

Nsanzimana, aganira n’intyoza.com yagize ati:” Guhitamo kwamamaza Paul Kagame, ntabwo ari igitekerezo cya vuba, nabyirutse ndi umunyamuryango, yemwe no muri 2003 naramwamamaje kugeza na nubu, si kubusa gusa kuko tunahereye ku migabo n’imigambi bya RPF-Inkotanyi kandi ku isonga hakaba hari Perezida Paul Kagame usanga bisobanutse, ni nayo mpamvu twahisemo kumwamamaza.”

Nsanzimana

Nsanzimana Thacien i Nyanza ho mu majyepfo ubwo bari bamaze kwemeza Paul Kagame nk’umukandida w’umuryango RPF-Inkotanyi.

Uyu munyamuryango wanabigaragaje abinyujije mu myambarire yahize abatari bacye ubwo ku rwego rw’intara y’amajyepfo batoraga 100% Paul Kagame kuzahagararira umuryango RPF-Inkotanyi mu matora y’umukuru w’Igihugu, akomeza agira ati:” Subira no mu mateka urebe, wumve, ubaze hose nta wundi wayoboye urugamba rwo kubohora Igihugu, ahagarika Jenoside, agarura ubumwe bw’abanyarwanda twese turabizi. Yashimangiye umutekano kugeza nubwo ubu aho mvugira aha ngaha tuwusagurira n’amahanga, yateje imbere ubukungu aho n’ibipimo mpuzamahanga byivugira, jya mubikorwa remezo hirya no hino muturere, usanga ibyakozwe ari ikimenyetso simusiga gihamya ko ntawundi twamunganya nawe, uzi kureba kure no guhitamo, niwe nta wundi.”

Nsanzimana, avuga kandi ko icyifuzo cye ari uko ahariho hose haba mu Rwanda no mu mahanga Paul Kagame yahabwa amajwi yose kuko ngo uretse no kuba abanyarwanda bamwemera n’amahanga ubwayo yarabyerekanye aho ndetse afata igihe akaza kwigira kubyo amaze kugeza kubanyarwanda byanarimba bakamuhamagara akajya kubaha amasomo.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga