• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
22/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
22/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
22/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Kigali: Gitifu w’akagari yafatiwe mu macumbi (Logde) n’abana bato 2 b’abanyeshuri

Umwanditsi
June 18, 2017

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka ngeruka mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera yafatiwe munzu y’amacumbi (Lodge) aho yari kumwe n’abana 2 b’abakobwa b’abanyeshuri batarageza imyaka y’ubukure, yatawe muri yombi na Polisi.

Ntabahwana Gerard w’imyaka 29 y’amavuko, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Ngeruka ho mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera, yafatiwe mu mujyi wa Kigali aguwe gitumo munzu y’amacumbi (Logde) aho yari kumwe n’abana babiri b’abakobwa b’abanyeshuri.

Uyu munyamabanga nshingwabikorwa, yafashwe na Polisi y’u Rwanda murukerera rwo kuri uyu wagatandatu tariki ya 17 Kamena 2017 aho yafatiwe munzu y’amacumbi (Lodge) izwi nka White Lodge mu karere ka Kicukiro.

SP Emmanuel Hitayezu, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yatangarije intyoza.com ko uyu Ntabahwana Gerard ari mu maboko ya Polisi, atangaza ko akurikiranyweho ibyaha bihanwa n’amategeko hakaba n’ibigikorwaho iperereza.

Yagize ati:” Turacyari mu iperereza ntabwo turamenya niba ari umuyobozi koko, kugeza ubu tuba tumufata nk’umuntu uwariwe wese, iyo nk’uwo muntu afashwe yajyanye abana mukabari, akabasindisha, akabaha ibinyobwa kimwe mu bintu bihanwa n’amategeko, kuba yasanzwe muri Lodge byo wenda ushobora gusanga yari afite imigambi mibisha yo kuba yabasambanya, ibyo nabyo ni ibindi tugikoraho iperereza.”

Gitifu.

SP Hitayezu, avuga ko uyu Ntabahwana Gerard nubwo hari bimwe mubyo akurikiranyweho bigikorwaho iperereza ngo kuba yasohokanye abana b’abanyeshuri batarageza imyaka y’ubukure mukabari akabaha inzoga, akabasindisha, ubwabyo ngo ni icyaha gihanwa n’amategeko agomba gukurikiranwaho.

SP Hitayezu, avuga ko aramutse ahamwe n’icyaha kubyo ubu yafatiwemo byo kujyana abana mukabari no kubaha inzoga akabasindisha, yahanishwa ingingo ya 219 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda aho ibihano bishobora kuva ku mezi atatu kugera kuri atandatu y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu kugera kuri Miriyoni imwe.

Polisi y’u Rwanda, nkuko SP Hitayezu yabitangarije intyoza.com irashishikariza buri munyarwanda wese n’uri kubutaka bw’u Rwanda gufatanya n’inzego za Polisi gukumira no kurwanya ibyaha, irasaba kandi buri wese gutanga amakuru vuba kandi ku gihe yatuma abakora ibyaha batahurwa hakiri kare bagashyikirizwa ubutabera.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. rurangwa gaston says:
    June 19, 2017 at 7:29 am

    Nagahoma munwa kubona umuyobozi wagahaye uburere abana ariwe ubashuka police idukurikiranire tumenye niba ntabindi byihishe inyuma amategeko amuhane.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga