• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/07/25
Kamonyi-Ngamba: Abakekwaho kwica umugabo w’imyaka 45 bamaze gutabwa muri yombi
13/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
13/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
13/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri

Kamonyi: Meya Udahemuka yeguye nta n’imyaka 2 ayoboye, menya imvo n’imvano

Umwanditsi
June 20, 2017

Udahemuka Aimable wari umuyobozi w’akarere ka Kamonyi yamaze kwegura kumirimo yo kuyobora akarere nyuma y’umwaka n’amezi hafi ane gusa ahawe kukayobora, kwegura kwe kwahujwe n’imyitwarire no gusuzugura njyanama.

Tariki 26 Gashyantare 2016 nibwo Udahemuka Aimable yatangiye imirimo ye yo kuyobora akarere ka Kamonyi asimbuye Rutsinga Jacques wari usoje manda, none tariki ya 20 Kamena 2017 nibwo Udahemuka yeguye kumirimo ye yari amazeho umwaka umwe n’amezi hafi ane.

Karuranga Emmanuel, Perezida w’inama Njyanama y’akarere ka Kamonyi yahamije ubwegure bwa Udahemuka Aimable wari Meya w’Akarere ka Kamonyi. Yatangarije intyoza.com byinshi kuri iri yegura ryaje ritunguranye kubatari bacye.

Yagize ati:” Ubwegure nabubonye. Yatanze ubwegure avuga ko ari impamvu ze bwite ariko n’ubundi ni uburyo bwo kwandika kuko nubundi azi yuko hari ibibazo bijyanye n’akazi ke byashoboraga no gutuma akurwaho.”

Perezida wa Njyanama Karuranga, yakomeje agira ati:” Muri ibyo bibazo hari uko amaze igihe ataboneka mu nama njyanama, kudashyigikira ibyemezo bya njyanama ngo bikorwe ariko akaba yagiraga n’imyitwarire mibi idakwiye umuyobozi.”

Karuranga, yatangarije intyoza.com ko inama njyanama iteganya kuba yaterana ngo yemeze ubwegure bwe mucyumweru gitaha, avuga kandi ko kubijyanye no kumusimbura kubera ko mbere y’uko umuntu aba Meya abanza kuba umujyanama ngo bazaterana babanze buzuze imyanya hanyuma hakurikireho kumusimbuza.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Uwimana says:
    June 21, 2017 at 5:49 am

    Kamonyi ikwiye umuyobozi wumva ibibazo byabaturage kbsa,nawe imihanda yahoo wagirango ntabwo ibareba!! ikorwa ryímihanda ntiribareba ukibaza icyo bamaza budget bikakuyobera,gusa niba adashoboye naveho rwose.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5833 Posts

Politiki

4084 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga