• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Imiryango 70 yashyingiriwe rimwe bamwe babyita kuva mu mwijima

Umwanditsi
June 22, 2017

Abagabo n’abagore 140 ni ukuvuga imiryango 70(umugabo n’umugore) mu murenge wa kayenzi basezeranijwe n’ubuyobozi bw’umurenge bamwe bashima Imana bavuga ko basa n’abatuye umutwaro cyangwa se bavuye mu mwijima.

Abagore n’abagabo 140 babanaga muburyo bunyuranije n’amategeko kuri uyu wa kane tariki 23 Kamena 2017 nibwo basezeranye byemewe n’amategeko, basezeranijwe n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kayenzi, nyuma yo kubona bamaze gusezerana, bamwe biruhukije, abatari bacye bavuga ko batuye umutwaro ndetse bavuye mu mwijima.

Bazubagira Claudine, yari amaze imyaka isaga 2 abana n’umugabo mu buryo bunyuranije n’amategeko, yagize ati:” Nari mbangamiwe, kubana n’umuntu nta burenganzira, nta tegeko rishobora kundengera nk’umugore kandi nitwa ko mfite umugabo, kutitwa umugore mu mategeko nkabyitwa gusa mu magambo byari umuzigo. Ndacyeye kuko uyu munsi nabonye umugabo, nari mufite ntamufite, mbese yari uw’agateganyo, ubu nibwo navuga ko ari uwanjye.”

Hagenimana Jean Claude, avuga ko kubana n’umugore adasezeranye yari abangamiwe cyane, yagize ati:” Numvaga ahari n’umugore mfite yaba atari uwanjye by’ukuri, ubu ndi umugabo nyamugabo ufite umugore mu buryo buzwi n’amategeko.”

Hagenimana, akomeza avuga ko kubana abantu badasezeranye bigira ingaruka nyinshi zirimo kutagira uburenganzira ku mutungo, kutagira uburenganzira bwo kwitwa umugabo cyangwa umugore muburyo bw’amategeko, abana nabo bibagiraho ingaruka kuko ababyeyi babo bataba bazwi m’uburyo bw’amategeko, amakimbirane n’ibindi.

Akomeza agira kandi ati:” Uwashaka yanakwita indaya cyangwa se ukora umwuga w’uburaya kuko ntaho uba uzwi mu mategko, ndagira inama abantu bose baziko babana batazwi n’amategeko ko bava mubujiji, bava mu mwijima kuko nanjye ubu nibwo numva mbaye umugabo kandi maze igihe mbana n’umugore.”

Madera Innocent, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kayenzi wasezeranije iyi miryango yabwiye intyoza.com ko kugira imiryango ibana mu buryo bwemewe n’amategeko ari inyungu k’umuryango n’umuyobozi muri rusange.

Agira ati:” Byadutwaye hafi ukwezi, twakoranye n’inzego zibanze, turigisha, dukora ubukangurambaga, dutanga amatangazo munsengero zitandukanye, kubana bitazwi n’amategeko bigira ingaruka zirimo amakimbirane mu muryango akenshi ashingiye ku mitungo, kuba utazwi n’amategeko nabyo ni ikibazo, nk’ubuyobozi rero ni byiza kugira abaturage basezeranye, bazwi n’amategeko, n’ikibazo cyavuka umenya uko ugitwara kuko ugendera ku itegeko kuko uba ukemura ukibazo nyine cy’umuntu itegeko rizi.”

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga