Ntabwo nahunze, nta bwoba nagize bw’ibyagombaga gutangazwa-Kandida Mpayimana 

Philippe Mpayimana, umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ateganijwe muri Kanama 2017 nyuma yo kugera ku kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali, aratangaza ko atari yarahunze Igihugu, ko ndetse nta bwoba yari afitiye ibyagombaga gutangazwa na NEC.

Kandida Mpayimana philippe, ubwo kuri uyu wa mbere tariki 10 Nyakanga 2017 ahagana saa saba z’amanywa yageraga ku kibuga cy’indege i Kanombe, yatangarije intyoza.com ko urugendo yagoze bitavuga ko yari asize u Rwanda, ko ahubwo umutima we wari wasigaye mu Rwanda, avuga ko kuba agarutse ari ibyishimo.

Kandida Mpayimana, asohoka ku kibuga cy’indege aho abagenzi gaje basohokera.

Ku bacyetse ko yahunze Igihugu, yagize ati:” Abacyetse yuko ngiye, ni bamwe bacyeka ko kujya hanze ari uguhunga, nyine bibe isomo yuko umuntu ashobora gukenera kujya hanze igihe abifitiye ibyangombwa akagenda. Nta kintu gitangaje na gito kirimo kidasanzwe, ntuye muri Diaspora niho naje gutanga Kandidatire nturutse ariko kandi ngatura no mu Rwanda, ni ukuvuga ko mfite inturo ebyiri, hari ayandi madosiye nayo yihutirwa yo mu rwego rw’umuryango cyangwa se mu rwego rw’imibereho muri kiriya gihugu nagombaga gukemura, nta kibazo. Ni nacyo mba nifuriza abantu mvuga nti abari mu Rwanda bajye hanze, ugiye hanze nti bahite bavuga ngo arahunze, uri hanze nawe naza mu Rwanda akore ibyo azanye ntibahite bavuga ngo arayobotse, bibe ubuzima busanzwe.”

Kandida Mpayimana, yakiriwe na bamwe mu bari bamutegereje.

Kandida Mpayimana, avuga ko agenda yasize yujuje ibyangombwa yasabwaga, ko komisiyo yari ifite uburengenzira bwo kubikemanga, gusa na none avuga ko hari abamufasha yari yasizeho ngo mu gihe hagira igikenerwa bagikore byihuse, ibi avuga ko ari nabyo byamubashishije kubona amanota, kuba atarakoze wenyine. Atangaza kandi ko yiteguye neza guhanganira umwanya w’Intebe y’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →